Mandela yavuye mu bitaro

Yanditswe ku itariki ya: 27-12-2012 - Saa: 10:35'
Ibitekerezo ( )

Nelson Mandela wabaye Prezida w’Afurika y’Epfo yasezerewe mu bitaro kuwa gatatu tariki 26/12/2012 nyuma y’iminsi 18 yari amaze mu bitaro yivuza indwara y’ibihaha.

Leta ya Congo yemeye kuganira na M23 ku micungire y’igihugu

Yanditswe ku itariki ya: 18-12-2012 - Saa: 14:11'
Ibitekerezo ( )

Nyuma y’igihe batemeranya ku ngingo bagomba kuganiraho, abahagarariye Leta ya Congo na M23 bemeranyijwe ko mubyo bazigaho harimo gusuzuma amasezerano Leta ya Congo yagiranye na CNDP taliki 23/03/2009 hamwe no kurebera hamwe imicungire y’igihugu.

Goma: Uwaje ayoboye abapolisi basimbuye M23 yishwe

Yanditswe ku itariki ya: 18-12-2012 - Saa: 11:18'
Ibitekerezo ( )

Majoro Bertin Chirumana waje ayoboye Polisi yaje gucunga umutekano mu mujyi wa Goma taliki 31/11/2012 ubwo ingabo za M23 ziteguraga kuva muri uyu mujyi yatoraguwe yishwe arashwe amasasu arenga 9 aho yari atuye taliki 15/12/2012 .

Ngo Mandela si Afurika y’Epfo

Yanditswe ku itariki ya: 14-12-2012 - Saa: 10:12'
Ibitekerezo ( )

Abanyafurika y’Epfo bemeza ko Nelson Mandela niyitaba Imana igihugu cyabo kitazasubira inyuma nk’uko benshi babikeka kandi ngo kuvuga ko Africa y’Epfo yasenyuka Mandela aramutse atabarutse ari ukumusuzugura no kudaha agaciro ibyo yaharaniye.

Mandela bamusanzemo indwara y’igihaha kimwe

Yanditswe ku itariki ya: 12-12-2012 - Saa: 12:55'
Ibitekerezo ( )

Itangazo ryo mu biro bya Perezida Jacob Zuma ryatangaje ko umukambwe Nelson Mandela wahoze ayobora Africa y’Epfo arwaye igihaha kimwe ariko ngo arimo kwitabwaho.

Nelson Mandela ari mu bitaro ariko ntarembye

Yanditswe ku itariki ya: 10-12-2012 - Saa: 10:31'
Ibitekerezo ( )

Umukambwe Nelson Mandela wahoze ayobora Africa y’Epfo yajyanywe mu bitaro kubera ikibazo cy’uburwayi ariko nyuma yo kumusura, Perezida Jacob Zuma yavuze ko atarembye.

Misiri : Indege yahagaze igitaraganya nyuma y’uko umugenzi arumwe n’inzoka

Yanditswe ku itariki ya: 7-12-2012 - Saa: 15:15'
Ibitekerezo ( )

Indege ya kompanyi ya EgyptAir yahagaze ku kibuga cy’indege mu buryo butari buteganijwe kubera ko umugenzi umwe mu bari bayirimo yari arumwe n’inzoka yari yinjiranye mu ndege yayihishe mu gakapu ko mu ntoki.

Tanzaniya yiteguye kohereza ingabo kurwanya M23 muri Congo

Yanditswe ku itariki ya: 23-11-2012 - Saa: 16:42'
Ibitekerezo ( 4 )

Minisitiri Bernard Membe ushinzwe Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane muri Tanzaniya yemeje ko igihugu cye cyiteguye kohereza ingabo kurwanya umutwe wa M23 muri Congo igihe LONI yaba itanze uburenganzira.

RDC: Batanu bazize ubuzima mu mirwano hagati y’ingabo za Kongo na FDLR ifatanyije na Mai-Mai

Yanditswe ku itariki ya: 15-11-2012 - Saa: 09:43'
Ibitekerezo ( )

Inyeshyamba enye z’umutwe wa FDLR na Mai-Mai n’umusirikare umwe wa Leta ya Kongo-Kinshasa baguye mu mirwano yabahuje mu cyumweru gishize mu gace ka Lubero mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Pages ... | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | 10 | ...
Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
Kwamamaza
rra banner
My District Today
Rwanda Districts
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile