M23 yatangaje agahenge mbere yo gusubukura ibiganiro na Leta

Yanditswe ku itariki ya: 9-01-2013 - Saa: 11:49'
Ibitekerezo ( 1 )

Umutwe wa M23 urwanya Leta ya Kongo watangaje agahenge tariki 08/01/2012 mbere gato yo gusubukura ibiganiro ugirana Leta ya Kongo-Kinshasa bibera muri Uganda mu ntumbero yo gushakira umuti ikibazo cy’intambara zidashira zo mu Ntara ya Kivu.

FDLR yateye Kibumba isahura inka 18

Yanditswe ku itariki ya: 7-01-2013 - Saa: 18:31'
Ibitekerezo ( )

Abaturage batuye muri centre ya Kibumba muri Congo ahegeranye n’u Rwanda batangaza mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere taliki 07/01/2013 batunguwe n’urusaku rw’amasasu rwatewe no guhangana kw’ingabo za M23 n’abarwanyi ba FDLR bari baje gutwara inka z’abaturage.

Bukavu: Amazu yagwiriye abantu batandatu bahasiga ubuzima

Yanditswe ku itariki ya: 4-01-2013 - Saa: 15:19'
Ibitekerezo ( 1 )

Imvura yaguye mu ijoro ryo kuwa 03/01/2013, yahitanye abantu 6 i Bukavu muri Kongo ubwo amazu batuyemo yagwaga akonkobotse ku misozi ihanamye akagwa mu mugezi wa Rusizi.

Tunisie: Abashomeri bakomeje imyigaragambyo

Yanditswe ku itariki ya: 3-01-2013 - Saa: 17:29'
Ibitekerezo ( )

Kimwe mu bibazo by’ingutu bihangayikishije Leta ya Tunisiya iyobowe na Moncef Marzouki, ni imyigaragambyo y’abaturage b’icyo gihugu bavuga ko bakeneye akazi kandi ntagahari, ubu umubare wabo ukaba ukomeza kwiyongera.

Mandela yavuye mu bitaro

Yanditswe ku itariki ya: 27-12-2012 - Saa: 10:35'
Ibitekerezo ( )

Nelson Mandela wabaye Prezida w’Afurika y’Epfo yasezerewe mu bitaro kuwa gatatu tariki 26/12/2012 nyuma y’iminsi 18 yari amaze mu bitaro yivuza indwara y’ibihaha.

Leta ya Congo yemeye kuganira na M23 ku micungire y’igihugu

Yanditswe ku itariki ya: 18-12-2012 - Saa: 14:11'
Ibitekerezo ( )

Nyuma y’igihe batemeranya ku ngingo bagomba kuganiraho, abahagarariye Leta ya Congo na M23 bemeranyijwe ko mubyo bazigaho harimo gusuzuma amasezerano Leta ya Congo yagiranye na CNDP taliki 23/03/2009 hamwe no kurebera hamwe imicungire y’igihugu.

Goma: Uwaje ayoboye abapolisi basimbuye M23 yishwe

Yanditswe ku itariki ya: 18-12-2012 - Saa: 11:18'
Ibitekerezo ( )

Majoro Bertin Chirumana waje ayoboye Polisi yaje gucunga umutekano mu mujyi wa Goma taliki 31/11/2012 ubwo ingabo za M23 ziteguraga kuva muri uyu mujyi yatoraguwe yishwe arashwe amasasu arenga 9 aho yari atuye taliki 15/12/2012 .

Ngo Mandela si Afurika y’Epfo

Yanditswe ku itariki ya: 14-12-2012 - Saa: 10:12'
Ibitekerezo ( )

Abanyafurika y’Epfo bemeza ko Nelson Mandela niyitaba Imana igihugu cyabo kitazasubira inyuma nk’uko benshi babikeka kandi ngo kuvuga ko Africa y’Epfo yasenyuka Mandela aramutse atabarutse ari ukumusuzugura no kudaha agaciro ibyo yaharaniye.

Mandela bamusanzemo indwara y’igihaha kimwe

Yanditswe ku itariki ya: 12-12-2012 - Saa: 12:55'
Ibitekerezo ( )

Itangazo ryo mu biro bya Perezida Jacob Zuma ryatangaje ko umukambwe Nelson Mandela wahoze ayobora Africa y’Epfo arwaye igihaha kimwe ariko ngo arimo kwitabwaho.

Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...
Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile