Imyitozo y’ingabo zo mu karere igiye gutangira mu Rwanda

Yanditswe ku itariki ya: 16-10-2012 - Saa: 11:56'
Ibitekerezo ( )

Imyitozo ya gisirikare izahuza abasirikare 1600 bo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba igiye kutangira mu Rwanda. Aba basirikari bazahugurwa mu bijyanye no kubungabunga amahoro, kurwanya iterabwoba, kurwanya ba rushimusi bo mu mazi ndetse no gukumira ibiza.

EALA irakangurira u Rwanda gushyira amahame ya EAC mu itegeko nshinga

Yanditswe ku itariki ya: 2-10-2012 - Saa: 15:40'
Ibitekerezo ( )

Intumwa z’Inteko Ishingamategeko ya Afurika y’Uburasirazuba (EALA) ziri mu ruzinduko mu Rwanda, zirarusaba ko rwashyira amahame y’uyu muryango mu itegeko nshinga ryarwo kugira ngo ingufu rwakoresheje mu miyoborere yarwo zirukoreshe no mu karere.

ULK Gisenyi yatangiye gukurikiza ingengabihe ya EAC mu burezi

Yanditswe ku itariki ya: 26-09-2012 - Saa: 14:35'
Ibitekerezo ( )

Taliki 24/09/2012 kaminuza yigenga ya Kigali ULK ishami rya Gisenyi ryatangije ku mugaragaro amasomo yaryo umwaka wa 2012-2013 ritangirana na gahunda y’uburezi y’uburyango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC).

Abanyeshuli 13 bo mu Rwanda batorewe kuyobora umuryango wa EACSU

Yanditswe ku itariki ya: 12-09-2012 - Saa: 09:50'
Ibitekerezo ( 3 )

Abanyeshuli 13 biga muri za kaminuza n’amashuli makuru atandukanye yo mu Rwanda batorewe kuyobora ihuriro ry’abanyeshuli biga mu bihugu bigize umuryango w’ibihugu by’Afurika y’uburasirazuba (EACSU) mu matora yabereye mu mujyi wa Arusha muri Tanzaniya tariki 06-11/09/2012.

Urubyiruko rurasabwa kumva ko ari rwo mizero y’iterambere rya Afurika

Yanditswe ku itariki ya: 7-09-2012 - Saa: 12:04'
Ibitekerezo ( )

Urubyiruko rwiga muri za kaminuza n’amashuli makuru yo mu bihugu bigize umuryango w’afurika y’Uburasirazuba rurashishikarizwa kwitabira imyigire y’amasomo ya siyansi n’ikoranabuhanga kugira ngo umugabane w’Afurika urusheho kwihuta mu iterambere rirambye.

Abaminisitiri bashinzwe umutekano muri EAC baganiriye ku kibazo cy’iterabwoba mu karere

Yanditswe ku itariki ya: 27-08-2012 - Saa: 18:25'
Ibitekerezo ( )

Abaminisitiri bashinzwe umutekano mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) bateraniye i Kigali muri gahunda yo kwiga ku kibazo cy’iterabwoba n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge muri aka karere.

Itangazamakuru ryo mu karere rirasabwa kuzuzanya n’inzego za Leta

Yanditswe ku itariki ya: 10-08-2012 - Saa: 09:58'
Ibitekerezo ( )

Prezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye itangazamakuru ryo mu bihugu bigize umuryango wa Afrika y’uburasirazuba (EAC), kuzuzanya n’inzego za Reta kugira ngo intego z’umuryango zigerweho mu buryo byihuse.

U Rwanda ruzakira inama ku ruhare rw’itangazamakuru mu iterambere ry’akarere

Yanditswe ku itariki ya: 1-08-2012 - Saa: 14:59'
Ibitekerezo ( )

Inama y’iminsi itatu y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) igamije gusuzuma no kwiga uruhare rw’itangazamakuru nka moteri y’interambere ry’akarere, izateranira i Kigali tariki 09-10/08/2012.

Ubuyobozi bwa EAC ntacyo bunenga urugaga nyarwanda rw’abikorera

Yanditswe ku itariki ya: 24-07-2012 - Saa: 09:31'
Ibitekerezo ( )

Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EAC), Amb. Richard Sezibera, atangaza ko urugaga nyarwanda rw’abikorera ntacyo runengwa ku kuba rudashora imari mu bindi bihugu bigize uwo muryango kuko rukirimo kwiyubaka kandi rugaragaza ubushake.

Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | 10
Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile