1. Gatsibo: Haracyari amayobera ku rupfu rw’umwarimukazi wiyahuye

    7 hours ago Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhura, Nayigizente Gilbert, avuga ko Kayitesi Josiane w’imyaka 25 y’amavuko, wari umwarimukazi kuri GS Karubungo yitabye Imana aguye mu bitaro bya Kiziguro, azize ikinini cyica imbeba yari yanyoye, bikaba byaramenyekanye bitewe n’uko cyamunukagaho ubwo yajyanwaga kwa muganga.

  2. Imyuzure imaze kwica abantu 38 muri Kenya kandi imvura igikomeje
    Kenya: Abantu 38 bahitanywe n’imyuzure

    25 April 2024 at 13:45 Muri Kenya, imvura imaze iminsi igwa, yateje imyuzure yishe abantu 10 mu Mujyi wa Nairobi ku wa Gatatu tariki 24 Mata 2024, ubu abamaze kwicwa n’imyuzure bageze kuri 38 guhera muri Werurwe 2024, nk’uko byatangajwe n’Ikinyamakuru ‘AfricaNews’.

  3. Hari imihanda yadindiye kubera kubura ingengo y
    Gatsibo: Kubura amafaranga byadindije ikorwa ry’imihanda

    25 April 2024 at 12:38 Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko kubura amafaranga byatumye imihanda itatu ya kaburimbo yoroheje yagombaga gukorwa idindira.

  4. Abaturage 470 nibo bahawe akazi ko kubaka Umudugudu w
    Gakenke: Abaturage 470 barishimira impinduka z’imibereho bakesha akazi bahawe

    25 April 2024 at 11:49 Abaturage biganjemo abo mu Murenge wa Muzo mu Karere ka Gakenke bahawe akazi, mu mirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kagano, kuri ubu ibyishimo ni byose ko bikomeje kubafasha kwikura mu bukene.

  5. Ni ikiganiro cyibanze ku matora ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka
    Abanyarwanda barasabwa kubahiriza amategeko agenga amatora

    25 April 2024 at 11:06 Mu gihe Abanyarwanda barimo kwitegura amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), irasaba ko amategeko n’amabwiriza bigenga amatora byarushaho kubahirizwa, bitwararika ibitemewe nko kwamamaza abakandida kuko igihe cyabyo kitaragera.

  6. Impande zombi bari mu biganiro
    Ingabo z’u Rwanda n’iza Jordanie zagiranye ibiganiro

    25 April 2024 at 08:09 Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ziri muri Jordanie, zagiranye ibiganoro n’Ingabo zo muri iki gihugu, byibanze ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’imikoranire mu bya gisirikare.

  7. Minisitiri wungirije w
    U Burusiya: Minisitiri w’Ingabo wungirije yatawe muri yombi

    24 April 2024 at 21:31 Mu Burusiya, Minisitiri w’Ingabo wungirije, Timur Vadimovich Ivanov, yatawe muri yombi akekwaho kuba yarakiriye ruswa, icyo kikaba ari icyaha gihanishwa amande akomeye cyangwa se igifungo cy’imyaka icumi muri gereza, nk’uko biteganywa n’amategeko mpanabyaha y’icyo gihugu.

  8. Imvura yangije igice kimwe cy’umuhanda Nyamagabe-Rusizi

    24 April 2024 at 13:49 Mu Karere ka Nyamasheke, mu Murenge wa Bushekeri, Akagari ka Buvugira, Umudugudu wa Bujagiro, imvura yaguye tariki 24 Mata 2024 yangije igice cy’umuhanda Nyamagabe-Rusizi ahitwa Kamiranzovu mu ishyamba rya Nyungwe, inangiza ipoto y’amashanyarazi bituma kuva aho Kamiranzovu ugana i Nyamagabe habura umuriro.

  9. Umutekano w
    Abimukira 21 baguye mu mpanuka y’ubwato

    24 April 2024 at 11:52 Ubwato bwari butwaye abantu 77 buvuye muri Djibouti, bwerekeza mu Burasirazuba bwo hagati bwarohamye buhitana abantu 21 abandi 23 baburirwa irengero, na ho 33 babasha kurokoka nk’uko bitangazwa n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bimukira (IOM).

  10. Hon Mukabalisa asuhuza abashyitsi
    Abadepite bo muri Sudani y’Epfo bashimye aho u Rwanda rugeze rwiyubaka

    24 April 2024 at 09:52 Abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Sudani y’Epfo bashimye aho u Rwanda rugeze rwiyubaka, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

  11. Kamonyi: Abantu bari bagwiriwe n’ikirombe bagikuwemo bapfuye

    23 April 2024 at 18:47 Mu Karere ka Kamonyi, mu Murenge wa Rukoma, Akagari ka Gishyeshye mu Mudugu wa Murambi, abagabo batatu bari bagwiriwe n’ikirombe cya Koperative yitwa COMIRWA ubwo bari bari mu kazi, bose bakuwemo ariko bapfuye.

  12. Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we Emmanuel Macron
    Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we Emmanuel Macron

    23 April 2024 at 18:31 Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro kuri telefoni na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, kuri uyu wa kabiri tariki 23 Mata 2024.

  13. Ikiganiro cyitabiriwe n
    IBUKA Senegal yakoze ikiganiro ‘Igicaniro’ ku nshuro ya mbere

    23 April 2024 at 15:14 Ku Cyumweru tariki 22 Mata 2024, Umuryango IBUKA Senegal ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda muri Senegal, wateguye ikiganiro cyiswe ‘Igicaniro’, cyahuriyemo Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri icyo gihgu, baganira ku mateka mabi ya Jenoside, uko yateguwe n’uko yashyizwe mu bikorwa, by’umwihariko bagaruka ku ngaruka zayo zirimo ihungabana ry’abayikorewe.

  14. Malaysia: Abantu 10 baguye mu mpanuka y’indege

    23 April 2024 at 14:25 Muri Malaysia indege ebyiri za Kujugujugu zagonganye abantu 10 bari bazirimo bahita bapfa. Uko kugongana kukaba kwabaye ubwo izo ndege zari mu myitozo yo gutegura ibirori by’igisirikare kirwanira mu mazi (marine), impanuka ikaba yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mata 2024, nk’uko byatangajwe n’abashinzwe ubutabazi.

  15. Perezida Faure Gnassingbé
    Togo: Hemejwe ivugurura ry’Itegeko Nshinga, abatavuga rumwe na Leta babibona ukundi

    23 April 2024 at 10:21 Muri Togo, Abadepite bemeje ivugurura ry’Itegeko Nshinga, nyuma y’uko bari batangiye kwiga kuri uwo mushinga guhera muri Werurwe 2024, ariko abatavuga rumwe na Leta bo bakaba babonye iryo vurura ari nk’uburyo Perezida Faure Gnassingbé yazanye bwo kumufasha kuguma ku butegetsi.

  16. Major General Aharon Haliva weguye
    Israel: Uwari ushinzwe ubutasi mu gisirikare yeguye

    22 April 2024 at 21:56 Uwari ushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Israel, Major General Aharon Haliva, yeguye ku mirimo ye kuko atashoboye kubahiriza inshingano ze, bigatuma Hamas igaba igitero gitunguranye kuri Israel ku itariki 7 Ukwakira 2023, kikica abantu bagera ku 1170, abandi 200 bagatwarwa bunyago.

  17. Umuyobozi Mukuru wa BK, Dr. Diane Karusisi afashaga abantu gufungura konti muri BK babyikoreye
    Banki ya Kigali yatangiye kwegera abaturage muri gahunda ya ‘Nanjye Ni BK’

    22 April 2024 at 21:51 Ubuyobozi bukuru bwa Banki ya Kigali (BK), bwatangiye gahunda yo kwegera abaturage muri gahunda ya Nanjye Ni BK, mu rwego rwo kurushaho kumenyekanisha ibikorwa by’iyo banki.

  18. Abitabiriye irushanwa n
    Abanyarwanda bitabira amarushanwa yo gusoma Korowani bamaze gutsindira Miliyoni 300 Frw

    22 April 2024 at 18:06 Umuyobozi w’Umuryango w’Abayislamu mu Rwanda (Mufti) Sheikh Hitimana Salim, avuga ko gusoma no gufata mu mutwe Korowani Ntagatifu ari ingirakamaro, kuko bizamura umuntu mu mibereho myiza no mu bukungu.

  19. Mu mpera za Mata hateganyijwe imvura iri hejuru y
    Mu mpera za Mata hateganyijwe imvura iri hejuru y’isanzwe igwa

    22 April 2024 at 12:07 Iteganyagihe ry’igice cya gatatu cya Mata 2024, kuva tariki ya 21 kugeza ku ya 30 Mata 2024, rigaragaza ko imvura iteganyijwe izaba iri hejuru y’ikigero cy’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa mu bice byinshi by’Igihugu, cyane cyane mu Ntara y’Amajyaruguru.

  20. Niger: Abaturage bakoze imyigaragambyo yo kwamagana ingabo za Amerika

    22 April 2024 at 10:25 Muri Niger, tariki 21 Mata 2024 abaturage barigaragambije bamagana ingabo za Leta zunze ubumwe z’Amerika ziri muri icyo gihugu kugira ngo zisubire iwabo.

  21. Gaza: Umubyeyi yatewe bombe iramuhitana ariko uwo yari atwite ararokoka

    22 April 2024 at 09:13 Uruhinja rw’umwana w’umukobwa rwatabawe n’abaganga baruteruye munda ya nyina wari umaze guhitanwa na bombe we n’umugabo we hamwe n’umukobwa we, mugitero cyagabwe na Israel mu mujyi wa Rafah mu ntara ya Gaza cyabaye mu ijoro ryo ku itariki 21 Mata 2024.