Karongi: Umubikira yagiye mu ishyirahamwe ry’indaya kugira ngo azigishe zibuvemo

Yanditswe ku itariki ya: 5-02-2013 - Saa: 14:53'
Ibitekerezo ( 6 )

Sr Mukantwari Léocadie wafashe icyemezo cyo kujya mu ishyirahamwe ry’indaya agamije kuzigarura mu nzira nziza.

Umubikira wo muri kominote y’abadiyakonese (communauté de Diaconesse de Rubengera) mu karere ka Karongi yafashe icyemezo kitoroshye cyo kujya mu ishyirahamwe ry’indaya kugira ngo abashe kuzigarura mu nzira nziza.

Sr Mukantwari Léocadie wo muri kominote y’abadiyakonese (Diaconesse) mu murenge wa Rubengera aratangaza ko ikibazo k’indaya mu murenge wa Rubengera kimaze kuba ingorabahizi kubera ko abakora uburaya barushaho kugenda biyongera uko bwije uko bukeye.

Ubwo yatangaga igitekerezo mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Karongi kuri uyu wa kabili tariki 05/02/2013, Sr Mukantwari yavuze ko abakora umwuga w’uburaya mu murenge wa Rubengera barenga 70, mu gihe mu nama y’ubushize bavugaga ko ari bane gusa.

Abakora uburaya aho mu murenge wa Rubengera biganje ahantu hazwi ku izina ryo ‘ku giti kinini kibirizi ku rya nyirakabano’ mu gasantire k’ubucuruzi gafite amateka ya kera.

Uwo mubikira ngo yasanze nta bundi buryo yabasha kugarura mu nzira nziza abakora uburaya ni ko gufata icyemezo cyo kujya mu ishyirahamwe ryabo. Sr Mukantwari ati : Nagiye mu ishyirahamwe ryabo atari uko ndi indaya, ahubwo nasanze nta bundi buryo nabasha kubegera ngo mbagire inama zo kureka uburaya ».

Sr Mukantwari akomeza avuga ko kubaganiriza ukabereka ibibi by’uburaya ariko unabaha amahirwe yo kumenya ibyiza byo kwibumbira mu makoperative ari bwo buryo bwiza bwo kugarura izo ntama z’Imana zataye umurongo.

Abari mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Karongi iyobowe n’umuyobozi w’akarere bashimye igitekerezo cy’uwo mubikira n’ubwo akimara kibivuga byabanje kubasetsa bagatembagara.

Gasana Marcellin

Andi makuru - Mu Rwanda
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

ibyo uyu Mubikira yakoze ni byiza cyane. na Yezu ubwe yavuze ko abazima ataribo bakenye umuganga.ahubwo n’abandi bari bakwiye kumushyigikira aho gushaka ibimuca intege nk;uriya muntu wanditse avuga ko uwo mubikira afite imico mibi. sibyiza rero guca intege no kunenga abantu batinyuka kwiha inshingano zikomeye. nonese akomeze arebere ikibi peee! oya nimumushyigikire aho gushoka mu matiku adafite icyo amariye abo bana b’Imana agiye kwitaho. Ma Soeur rero Courage, kandi Imana igihemebere ubwo butwari ugize!

manishimwe I, yanditse ku itariki ya: 6-02-2013

nubwo bitoroshye muri ibibihe ariko ubundi niko byakagombye kugenda ikibi ukirwanya kuko wakibonye .iyo utara amakuru uyamenya neza aruko ugeze aho byabereyenyirizina . nibamara kumwibonamo bizamufasha kubigisha nokubagira inama nziza nange wancoboza namufasha ,azabafashe gutekereza kubindi bakora byababyarira kubaho neza abijyanishe nogusenga ndetse nigihugu kimufashe natwe twese bizabyara umusaruro mwiza . mwagiye mubona abantu ukuntu bagiye basabana imbabazi kubya genocide nibi nikimwe iyo ushaka amahoro wemera gucabugufi kurusha uwaguhemukiye ibyo umukorera nibyo bimutera kugutinyuka akakwibwirira nibyo utaruzi ndetse ukamuha imbabazi mbere yuko azigusaba .uyumubikira iyinzira yaciyemo niyukuri .courage .denis.

DENIS yanditse ku itariki ya: 6-02-2013

UYU MUBIKIRA YA KOZE IKINTU KIZA AHUBWO NIMUMUFASHE KUGIRANGO AKORE UMURIMO WIMANA NEZA . KUBARUMUNYA MATIKU NIBINDI BYOSE MWAMUVUZEHO NIMUMUSENGERE KUGIRANGO AZABICIKEHO. YESU YAJE MWISI YIFATANYA NABANYABYAHA KUGIRANGO KUGIRANGWABONUKWADUKIZA.NUWO MUBIKIRA KUBA YIFATANIJE NINDAYA NI BINTU BITANGAJE KUBONUMUNTU NKU RIYA WUMUNYA CYUBAHIRO UDAKENNYE UTAGIZICYA BUZE YEMERA KWAMBARUMWAMBARO NKURIYA WUBURAYA BYAGOMBYE KUTWIGISHA KWICISHA BUGUFI IMANA izabimufashemo agere kushingano yiyemeje.

Gasarasi Emmanuel yanditse ku itariki ya: 6-02-2013

Njyewe uwo mubikira simuzi pe! Ariko igikorwa yakoze cyo kwicisha bugufi bigeze aho kugira ngo arwane kubuzima bw’abakobwa bagenzi be ni gitagatifu. nabishimirwe rero. Gusa nanone niba ibyo bagenzi banjye banditse aribyo akora koko nawe namenye ko gukiranuka biba hose, ntabwo ari mumuhanda gusa ngo nugera murugo cyangwa kukazi wigire intare.
Ibyiza ni ukubana neza banyarwanda bene wacu.

umukunzi yanditse ku itariki ya: 5-02-2013

ariko ibyo uwomubikira akora birasekeje .ubwe ntashobotse ahorana imyiryane naba kozi ayobora nabaturanyi ndetse nababikira babana . nabanze yige kubana !none ishyirahamwe ryindaya niryo azashobora ahubwo umuyobozi w’akarere niyitegure gukiza amatiku agiye kuza muri iryoshyirahamwe.! ndi umuturanyi wabo ikimenyi menyi hazajyire umunyamakuru ubikoraho ubushakashatsi aziyumvira ukuntu abantu yabarwaje imitima.

kamali.olivie yanditse ku itariki ya: 5-02-2013

uwo leocadia abamugize umubikira ntibijyeze bashishoza (nta vocation y’ikibikira afite nanke amatiku ,guteranya ,gusebanya,gutukana nibindi......)kuko urebye ukuntu abanira abantu nabi ukareba abakozi akoresha mukigo nderabuzima cya rubengera ukuntu abagaraguza agati utemeye kuba ingaruzwamuheto ye ntuhamara kabiri atagupangiye ugafungwa ,wakumirwa !hazagire umunyamakuru uhatemberera aganirize abaho azumirwe.kuba yajya mwishyirahamwe ry’indaya sigitangaza aragaragaza ikimurimo. kuba indaya nukubura ukobagira. nukubura hepfo naruguru .nabahe akazi mukigo ayobora arebeko batabureka.

nyirakamana yanditse ku itariki ya: 5-02-2013
Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze, Turabashimiye.

Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile