Ruhango: Ntiwanyonga igare ngo uzibuke gushaka umugore

Yanditswe ku itariki ya: 5-02-2013 - Saa: 11:05'
Ibitekerezo ( )

Abanyonzi bakorera mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, baravuga bitaborohera kunyonga igare ngo barenzeho no gushaka abagore.

Ibi ngo biterwa n’amikoro make kuko bakorera amafaranga make ku munsi, kandi ayo bakoreyo nayo bikabasaba kuyarya. Nguko unyonze igare nturye bihagije bishobora kukuviramo ingaruka mbi z’ubuzima.

Bamwe muribo bavuga ko buri munsi nibura bashobora kwinjiza amafaranga atari munsi y’1000, ariko ngo hakaba nubwo byanze bakajya munsi yayo.

Bati “none se, urabona amafaranga 1000 ugomba kuyaryamo ugahaga bitewe n’imbaraga nyinshi uba wakoresheje, byakorohera gushaka umugore”.

Bifuza ko inzego z'urubyiruko zabafasha kwiteza imbere.
Bifuza ko inzego z’urubyiruko zabafasha kwiteza imbere.

Aba banyonzi bahamya ko bitewe n’ubushobozi bucye bibonamo, ko badateganya gushaka abagore. Icyakora ngo rimwe na rimwe bazajya banyuzamo bashake uko bigenza n’abari baho ariko ibyo kubashyira mu ngo ngo ntibishoboka.

Icyakora bavuga ko baramutse bagize amahirwe bakabona andi mikoro, bakava mu bunyonzi, ngo nta cyababuza gushaka abagore.

Gusa bagasaba inzego zishinzwe iterambere cyane cyane iz’urubyiruko, kubashakira uko bakwishyira hamwe bagatera imbere nabo bagashaka uko bubaka ingo bakabarwa nk’abagobo kimwe n’abandi.

Eric Muvara

Andi makuru - Iterambere
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze, Turabashimiye.

Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile