Rubavu: Hatangijwe ishuri ryakira abana bafite ubumuga n’abatabufite

Yanditswe ku itariki ya: 1-02-2013 - Saa: 12:44'
Ibitekerezo ( )

Ubumwe Community Center ikorera mu karere ka Rubavu yatangije ishuri rihuriwemo n’abana bafite ubumuga n’abatabufite kugira ngo abana bafite ubumuga bareke kugira imfunwe no guhabwa akato ko kwiga bonyine.

Nk’uko bitangazwa Dusingizimana Zacharie ukuriye Ubumwe Community Center ngo iri ishuri ryashinzwe kugira ngo hatagira umwana uvutswa amahirwe yo kwiga kubera ko afite ubumuga.

Iri shuri ry’inshuke ryashinzwe kugira ngo rikure abana bo mu karere ka Rubavu hamwe no mu nkengero zako mu gihirahiro kuko ryubahiriza uburenganzira bw’abana bafite ubumuga haba mu kubitaho kimwe no kugira inyubako abo bana bashobora gukoresha.

Bamwe mu bana batangiranye n’iri shuri harimo abafite ubumuga butandukanye ariko hakaba abafite ubumuga bw’ingingo, hamwe n’ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

Rusine Rachel, umuyobozi wungirije w'akarere ka Rubavu ushinzwe imibereho y'abaturage.
Rusine Rachel, umuyobozi wungirije w’akarere ka Rubavu ushinzwe imibereho y’abaturage.

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza, Rusine Rachel avuga ko iri shuri rigiye gutuma abana bafite ubumuga bashobora kujyanwa ku ishuri bakiri bato aho gutegereza ko bajyanwa mu bigo nka Gatagara nahandi kure mu gihugu.

Rusine arahamagarira abafite abana ko batabacikisha amahirwe yo kubashyira mu ishuri bagakurikira amasomo nk’abandi bana cyane ko hari igihe byagaragaye ko hari ababyeyi bagira ipfunwe ry’abana babo bafite ubumuga bakabahisha.

Sylidio Sebuharara

Andi makuru - Amashuri
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.


Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
Kwamamaza
rra banner
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile