France: Umuti uvura ibiheri ku bagore umaze guhitana barindwi

Yanditswe ku itariki ya: 28-01-2013 - Saa: 12:01'
Ibitekerezo ( )

Kuva kuva mu mwaka wa 1987 kugera tariki 25/01/2013, abagore barindwi bo mu Bufaransa bamaze guhitanwa n’umuti witwa pilule diane 35 uvura ibiheri byo ku ruhu.

Abagore n’abakobwa bo mu Bufaransa bakunze kurwara indwara zisa n’ibiheri ku ruhu bityo uwo muti ukaba warabakorewe nk’urukingo rurwanya izo ndwara none rukaba arirwo rubahitana.

Uwo muti ngo wanateye izindi ndwara zitandukanye abagore bagera ku 125. Uyu muti ngo ukoreshwa mu bihugu 116 ukagurwa cyane n’abagore b’abafaransakazi, aho muri icyo gihugu hagurishwa udupaki turi hagati ya miliyoni 4 n’5 ku mwaka.

Biteganyijwe ko mu masaha y’umugorobo yo kuri uyu wa mbere tariki 28/01/2013 ahitwa Saint-Denis habera inama idasanzwe iri bwige ku kibazo giterwa na pilule diane 35 mu Bufaransa; nk’uko tubikesha ikinymakuru Le Figaro.

Ernest Kalinganire

Andi makuru - Indwara
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze, Turabashimiye.

Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile