AS Muhanga yanganije na Etincelles

Yanditswe ku itariki ya: 28-01-2013 - Saa: 11:23'
Ibitekerezo ( )

Mu mukino wa shampiyona y’umupira w’amaguru, ku cyumweru tariki 27/01/2013, ikipe y’akarere ka Muhanga izwi ku izina rya AS Muhanga yanganije na Etincelles mu mukino wahuje aya makipe kuri sitade ya Muhanga.

Etincelles yagiye ibona uburyo bwinshi bwo gutsinda iriko ntiyabasha kugira igitego na kimwe ibona. Aha Etincelles yabashije no kubona penariti mu gice cya mbere, ariko ntabwo yabashije kuyinjiza.

Nubwo AS Muhanga yari ku kibuga iwayo uyu mukino ntabwo watabashije kwitababirwa n’abafana benshi. Nubwo mu gice cya kabiri abantu binjiriye ubuntu ntabwo byigeze byongera nabusa abafana kuri stade.

Stade ya Muhanga ikunze kugira abafana benshi mu gihe akenshi yakiriye umukino wahuje ikipe ya Rayon Sport n’andi makipe kuko ino kipe ifite abafana benshi muri aka karere.

Gerard GITOLI Mbabazi

Andi makuru - Football
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.


Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
Kwamamaza
rra banner
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile