Yasabwe kugabanya amabere ngo abanyeshuri bigana bareke kumuseka

Yanditswe ku itariki ya: 24-01-2013 - Saa: 12:09'
Ibitekerezo ( 2 )

Umwana w’umukobwa w’umunyamerikakazi witwa Gabrielle Jackson ufite imyaka 13 yasabwe kugabanyirizwa amabere kubera ubunini bwayo bukabije butuma bagenzibe bigana bahora bamuseka.

Nkuko tubikesha ikinyamakuru Fox News 2, nyina wa Gabrielle witwa Tammie Jackson utuye muru Leta ya Missouri, yagerageje kuvugana kuri terefoni n’ubuyobozi bw’ishuli ryitwa Central Middle School umukobwa we yigamo maze bamwemeza ko nta bundi buryo icyo kibazo cyakemuka.

Tammie Jackson avuga ko ikibazo nk’icyo atari ubwa mbere kibabayeho kuko Gabrielle afite musaza we witwa Elijah w’imyaka 9 aherutse kubagwa mu gatuza kubera indwara y’umutima ariko nawe akaba asekwa na bagenzi be kubera inkovu afite mu gatuza, bityo kubaga amabere y’umwana we bikaba bitakemura ikibazo cyo guhabwa urwamenyo.

Uretse kuba ubuyobozi bw’iryo shuli bwaratangaje ko Gabrielle natagabanyirizwa amabere azashakirwa irindi shuli yigamo, ngo hagiye no gukorwa ubukangurambaga mu banyeshuli kugira ngo bagabanye ibikorwa byo gutera isoni, ikimwaro n’ubwoba ku bana bafite inenge.

Ernest kalinganire

Andi makuru - Ntibisanzwe
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

birababaje kuba umuntu atariremye abandi bakamukwena ako kageni tumenyeko buri wese byamubaho

aimable hakolimana yanditse ku itariki ya: 8-02-2013

None se twamugira iyihe nama nta photo y’amabere tubona! Ntekereza ko ikibi ari kugira igitsina kinini bose bamenye naho amabere manini yonsa abana bagakura neza.

jpp uwacu yanditse ku itariki ya: 3-02-2013
Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.


Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
Kwamamaza
rra banner
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile