Zone 5: U Rwanda rwatsinzwe na Misiri ku mukino wa mbere
|
Yanditswe ku itariki ya: 22-01-2013 - Saa: 14:26'
|
|
Ibitekerezo
(
)
|
|
|
|
Ku mukino wayo wa mbere mu mikino y’akarere ka gatanu ibera muri Tanzania, ikipe y’u Rwanda ya Basketball mu bagabo yatsinzwe na Misiri amanota 96 – 57, ku wa mbere tariki 21/01/2013.
Ikipe y’u Rwanda yaherukaga kwegukana igikombe cy’akarere ka gatanu mu mikino yari yabereye mu Rwanda muri 2011, yarushijwe cyane na Misiri inahabwa amahirwe yo kuzegukana icyo gikombe.
Misiri yatsinze biyoroheye u Rwanda ku manota 96-57, ikaba inshuro nyinshi ikunze gutwara igikombe cy’akarere ka gatanu, gusa muri 2011 ubwo u Rwanda rwagitwaraga ntabwo Misiri yari yayitabiriye.
Ubwo u Rwanda rwatsindwaga na Misiri, umutoza Moise Mutokambali yari yabanje mu kibuga Kami Kabangu, Bradley Cameron, Kenny Gasana, Aristide Mugabe na Barame Aboubacar.
Undi mukino wabaye muri iryo tsinda rya mbere u Rwanda ruherereyemo, Uganda yatsinze Tanzania amanota 80 – 66.
Mu itsinda rya kabiri rigizwe n’amakipe atatu, habaye umukino umwe aho Kenya yatsinze u Burundi amanota 71- 63, naho Somalia iri kumwe nayo mu itsinda ikaza gukina kuri uyu wa kabiri tariki 22/01/2013.
Imikino irakomeza kuri uyu wa kabiri mu matsinda yombi, aho mu itsinda rya mbere u Rwanda rukina na Uganda, Misiri igakina na Tanzania, naho mu itsinda rya gatatu Kenya ikaza gukina na Somalia.
Mu rwego rw’abagore, ku wa mbere tariki 21/01/2013 Kenya yatsinze Tanzania amanota 74-32, naho imikino ikaza gukomeza kuri uyu wa kabiri aho u Rwanda ruza gukina na Tanzania, u Burundi bukina na Kenya naho Uganda igakina na Misiri.
Iyi mikino igomba kumara icyumweru izasozwa tariki 26/01/2013, ikipe izaba iya mbere ikazahita ibona itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera i Abidjan muri Cote d’ivoire mu bagabo, naho mu bagore iyo mikino ikazabera i Maputo muri Mozambique.
Ayo marushanwa mu byiciro byombi (abagabo n’abagore) azaba muri Kanama uyu mwaka.
Theoneste Nisingizwe
|