Abana bahunguka muri Congo bamerewe nabi na bwaki

Yanditswe ku itariki ya: 21-01-2013 - Saa: 16:44'
Ibitekerezo ( )

Kubera ubuzima bubi babagamo, abana benshi bahunguka bavuye mu mashyamba ya Congo barwaye indwara ya bwaki.

Ababyeyi b’aba bana bavuga ko ari amahirwe akomeye kubageza mu Rwanda kuko ngo abana benshi bagiye bicwa nabwaki kubera kutamenyera ibiryo bitari byiza byo mu ishyamba.

Aba bana usanga baragiye babyimba ibice hafi ya byose by’umubiri wabo uhereye mu maso hagaragara kugeza ku maguru gusa ngo hari icyizere ko bashobora gukira kubera ko batangiye kwitabwaho bavurwa ndetse bagahabwa n’ibiryo bifite itungamubiri zihagije.

Aba bana batahutse tariki 19/01/2013 bigaragara ko barwaye bwaki.
Aba bana batahutse tariki 19/01/2013 bigaragara ko barwaye bwaki.

Aba babyeyi barashishikariza bagenzi babo basigaye muri Congo gutahukana abana babo batari bahitanywa n’indwara zo muri Congo ziganjemo iyo bwaki.

Usibyo n’izo ndwara zikunze gufata abana ubusanzwe abo bana ngo ntibazi uko inkingo abana bahabwa zisa akaba ari muri urwo rwego bifuza ko abana babo bakingirwa kugira ngo indwara zibibasira zicike.

Musabwa Euphrem

Andi makuru - Indwara
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze, Turabashimiye.

Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile