Ibihugu bya EAC birasabwa gushyira hamwe kugira ngo isoko rusange rigerweho

Yanditswe ku itariki ya: 13-12-2012 - Saa: 11:09'
Ibitekerezo ( )

Umuyobozi w’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EAC), Dr. Richard Sezibera arahamagarira ibihugu bya EAC guhuriza imbaraga hamwe mu rwego rwo kwihutisha ishyirwa mu bikorwa by’amasezerano y’isoko rusange.

Ibi uyu muyobozi yabitangaje mu nama yagiranye n’imiryango itegamiye kuri Leta n’abikorera kuri uyu wa kabiri tariki 11/12/2012, mu gikorwa cyo gusuzuma ibyagezweho mu myaka ibiri isoko rusange rimaze ritangiye.

Dr. Sezibera avuga ko kugira ngo isoko rusange rigerweho bisaba uruhare rw’abantu batandukanye harimo n’abikorera n’imiryango itegamiye kur Leta; nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara ribivuga. Asobanura ko abikorera bafite mu maboko yabo iterambere ry’ubukungu n’iterambere ry’umuryango wa EAC.

Yanakanguriye ibihugu kuzamura imibereho y’abagore, binjizwa mu myanya y’inzego z’ubuyobozi no mu bukungu kuko umubare wabo ukiri hasi ugereranyije n’abagabo.

U Rwanda ruza ku isonga mu bihugu bigize umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Uburasizuba mu kugira umubare munini w’abagore bari mu nteko nshingamategeko n’ijanisha rya 56%.

Nshimiyimana Leonard

Andi makuru - EAC
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.


Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
Kwamamaza
rra banner
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile