Amissah-Arthur yatorewe kuba visi Perezida wa Ghana

Yanditswe ku itariki ya: 9-08-2012 - Saa: 12:31'
Ibitekerezo ( )

Perezida wa Ghana mushya, John Mahama wagiyeho asimbura Atta Mills witabye Imana mu kwezi gushize yashyizeho visi Perezida witwa Amissah-Arthur wari guverineri wa Banki Nkuru y’igihugu ya Ghana.

Kwesi Bekoe Amissah-Arthur w’impuguke mu bukungu yemejwe n’inteko ishingamategeko tariki 06/08/2012 ku byiganze bw’amajwi ahita arahirira inshingano atorewe nk’uko biteganwa n’itegekonshinga rya Ghana mu ngingo ya 60.

Amissah-Arthur yabaye Minisiteri w’imari wungirije muri Leta ya Jerry Rawlings ahava ajya muri Banki Nkuru aho yerekanye ubushobozi bwe mu mavugurura yatumye igihugu cyongera kuzamuka mu bukungu nko mu mwaka ya 1980.

Amissah-Arthur asimbuye John Mahama wabaye Perezida wa Repubulika nyuma y’urupfu rwa Atta Mills.

Uyu mugabo w’imyaka 68 yitabye Imana mu kwezi kwa karindwi. Imihango yo kumushyingura yatangiye tariki 08/08/2012 ikazasozwa kuwa gatandatu tariki 10/08/2012 ikazitabirwa n’umunyamabanga w’ububanyi n’amahanga w’Amerika, Hillary Clinton ndetse na Perezida wa Liberia, Ellen Johnson Sirleaf.

Nshimiyimana Leonard

Andi makuru - Africa
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze, Turabashimiye.

Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile