Indi miryango 16 y’impunzi zabaga muri Uganda iratahuka

Yanditswe ku itariki ya: 9-08-2012 - Saa: 09:15'
Ibitekerezo ( )

Imiryango y’impunzi z’Abanyarwanda igizwe n’abantu 26 zabaga mu nkambi ya Nakivale muri Uganda, kuri uyu wa kane tariki 09/08/2012, zirakirwa ku mupaka wa Gatuna, nyuma yo kwemera gutahuka ku bushake.

Ku mupaka w’u Rwanda, barakirwa n’abakozi ba Minisiteri ishinzwe guhangana n’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) ifatanyije n’abakozi b’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR).

Hari hashize ibyumweru bigera kuri bitatu izindi mpunzi 13 nazo zitahutse zivuye muri iyi nkambi ibamo Abanyarwanda bagera ku bihumbi 11.

Itahuka ry’izo mpunzi 13 ryagezweho nyuma y’ubukangurambaga bwakozwe n’umuryango w’Ivugabutumwa witwa “Partners in Mission” ukorera muri aka karere k’Ibiyaga bigali.

Emmanuel N. Hitimana

Andi makuru - Mu Rwanda
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.


Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
Kwamamaza
rra banner
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile