Umusore w’imyaka 19 yapfiriye muri pisine ya Lapalisse
|
Yanditswe ku itariki ya: 16-07-2012 - Saa: 08:36'
|
|
Ibitekerezo
(
8
)
|
|
|
|
Emmanuel Manirakiza yaguye muri pisine kuri Lapalisse Club i Nyandungu.
Umusore witwa Manirakiza Emmanuel yapfuye azize pisine yo kuri Hotel Lapalisse i Nyandungu mu mujyi wa Kigali, ubwo yarohagamamo arimo koga, ku cyumweru tariki 15/07/2012.
Manirakiza w’imyaka 19 yarohamye mu gitondo ubwo we na mushiki we witwa Parfaite Muhuza bari barangije koga; nk’uko uwo mushiki we yabitangaje.
Muhumuza yavuze ko musaza we yamusabye ko bakoga bwa nyuma ariko mushiki we akomeza kumuhakanira. Uko yakomeje kubyanga, yacunze mushiki we agiye koga muri dushe (douche) ahita asubiramo niko kurohama.
Muhumuza akigaruka yabanje kumubura kuko yari munsi y’amazi, abajije bamwe babatoza amubwira ko ntawe yabonye. Uwo mutoza yahise yinjira mu mazi amukuramo, mu kumugeza hejuru amukanda munda, azana ifuro n’amaraso, bahita bahamagara ambulansi.
Ambulansi yatinze kuza bamujyana ku bitaro byitiriwe umwami Faycal, abaganga babatangariza ko yarangije gushiramo umwuka ; nk’uko mushiki we yakomeje abitangaza.
Manirakiza yari arangije amashuli yisubmuye muri Afurika y’Epfo, aho yiteguraga gukomereza amashuli ye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika. Hagati aho yari mu biruhuko.
Kuva mu kwezi kwa karindwi umwaka ushize iyi pisine imaze kugwamo abantu babiri, Manirakiza abaye uwa gatatu. Ubuyobozi bwa Lapalisse ntibwabonetse ngo bugire icyo bubivugaho.
Emmanuel N. Hitimana
|