Urukiko rwo mu Bufaransa rwanze icyemezo cyo kohereza Muhayimana mu Rwanda

Yanditswe ku itariki ya: 12-07-2012 - Saa: 15:12'
Ibitekerezo ( )

Icyumba cyihariye cy’urukiko rusesa imanza mu Bufaransa cyemeje ko Claude Muhayimana atazoherezwa mu Rwanda kubera ko ngo ubutabera bwo muri icyo gihugu biziteye umutekano we mu Rwanda.

Tariki 29/03/2012, urukiko rw’ubujurire rwa Rouen rwari rwemeje ko Muhayimana yakoherezwa mu Rwanda nk’uko byasabwe na Leta y’u Rwanda mu mpapuro zisaba kumufata zashyizwe ahagaragara mu Kuboza umwaka ushize.

Muhayimana Claude akurikiranyweho icyaha cya Jenoside ashinjwa gukorera mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye, cyane cyane ubwicanyi bwakorewe ku rusengero rwa Kibuye tariki 17/04/1994 aho yari umushoferi kuri Guest House.

Muhayimana ahakana ibyaha bya Jenoside ashinjwa ahubwo akavuga ko yafashije ingabo z’Abafaransa mu gihe Jenoside yabaga. Yahungiye mu Bufaransa muri 2001 nyuma y’imyaka 6 yari amaze mu gihugu cya Kenya.

Egide Kayiranga

Andi makuru - Jenoside
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze, Turabashimiye.

Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile