Umugabo munini ku isi amaze gusohoka mu nzu inshuro 3 mu gihe cy’imyaka 6

Yanditswe ku itariki ya: 11-07-2012 - Saa: 08:53'
Ibitekerezo ( 3 )

Umunya-Mexique witwa Manuel Uribe ari hafi kuzuza imyaka 47 y’amavuko kuri ubu afite ibiro 200. Amaze gusohoka mu nzu inshuro eshatu mu gihe cy’imyaka itandatu ariko afite icyizere ko azongera gusohoka ku nshuro ya kane ndetse akanakora ubukwe.

Manuel Uribe wasohotse muri Guinness record book nk’umuntu munini ku isi ntashobora kunyeganyeza akaguru.

Afite ibiro 325.
Afite ibiro 325.

Muri iki gihe, Manuel Uribe ngo arashaka kugabanuka no kuva ku biryo bidafite intungamubiri zihagije (junk food) kugira ngo abantu bamenye akamaro k’ibiryo bifite intungamubiri ariko ngo ntabwo arwanya abacuruza ibyo biribwa (junk food).

Mu mwaka wa 2011, Uribe yari afite ibiro 597. Muri 2008 yagabanyije ibiro bye bigera kuri 360 none muri Gashyantare 2012 yari afite ibiro 200 byose abikesha gutoranya indyo ikwiye.

Agenda ku gitanda gifite amapine.
Agenda ku gitanda gifite amapine.

Uribe afite inshuti y’umukobwa witwa Solis utunganya imisatsi kandi ngo babanye neza nk’aba fiancés. Bamaranye imyaka ine ndetse ngo barifuza kuzarushinga byemewe n’amategeko.

Uribe na mucuti we, Solis.
Uribe na mucuti we, Solis.

Ernestine Musanabera

Andi makuru - Ntibisanzwe
Pages 1 | 2 | 3 | 4 | 5 | 6 | 7 | 8 | 9 | ...

Ibitekerezo

Ngiye gusengera uriya mugabo kuko nawe buriya niyorohewe nagato! abantu twifuza kubyibuha cyane dushatse twabireka pe! njyewe ndatinye.

HABIYUMVA Télèsphore yanditse ku itariki ya: 15-07-2012

Ngiye gusengera uriya mugabo kuko nawe buriya niyorohewe nagato! abantu twifuza kubyibuha cyane dushatse twabireka pe! njyewe ndatinye.

HABIYUMVA Télèsphore yanditse ku itariki ya: 15-07-2012

nishimiye kureba umugabo munini kwisi arikose ubu kwamuganga ntakintu bamufasha kugirango agabanuke, cyangwa arabyishomiye?

NTAGANIRA ignatius.

ntaganira ignatius yanditse ku itariki ya: 12-07-2012
Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.


Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
Kwamamaza
rra banner
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile