Itorero ry’Abadiventisite rigiye kubaka amashuri n’amavuriro agezweho i Nyanza n’i Rubavu

Itorero ry’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi rigiye kubaka amashuri n’amavuriro bigezweho mu turere twa Nyanza na Rubavu, hagamijwe gufasha abaturage kubona serivise hafi no kugira imibereho myiza.

Umuyobozi Mukuru w'Itorero ry'Abadiventisite ku Isi, Pastor Teddy Wilson n'umugore we ubwo bari i Kanzenze mu Karere ka Rubavu.
Umuyobozi Mukuru w’Itorero ry’Abadiventisite ku Isi, Pastor Teddy Wilson n’umugore we ubwo bari i Kanzenze mu Karere ka Rubavu.

Umukuru w’iri torero ku Isi, Pastor Teddy Wilson, yatangaje ibi ku wa 22 Gicurasi 2016, ubwo yari i Kanzenze mu Karere ka Rubavu, mu ruzinduko rw’ivugabutumwa amazemo iminsi mu Rwanda.

Ibyo bikorwaremezo bigiye kubakwa birimo ishuri ribanza n’iryisumbuye, ivuriro rigezweho ndetse n’urusengero, muri utwo turere twombi.

Umuyobozi w’Itorero ry’Abadiventisite mu Rwanda, Pastor Byiringiro Hesron, yatangaje ko ibi bikorwa bizatangira mu mwaka utaha wa 2017.

Ubwo yari mu Kagari ka Nyirabihogo mu Murenge wa Kanzenze, mu kibanza kizubakwamo ibi bikorwa mu Karere ka Rubavu, Pastor Byiringiro yavuze ko bigamije gufasha abaturage mu mibereho myiza no kubona serivise z’ubuvuzi n’ubuzima hafi, nk’uko biri mu nshingano z’iri torero.

Muri aya mabanga y'imisozi ya Kanzenze ni ho hazubakwa amashuri n'ivuriro mu Karere ka Rubavu.
Muri aya mabanga y’imisozi ya Kanzenze ni ho hazubakwa amashuri n’ivuriro mu Karere ka Rubavu.

Bamwe mu baturage b’i Kanzenze na Bigogwe baturiye ahazakorerwa ibi bikorwa, batangiye kubyishimira bavuga ko bizagirira akamaro ako gace.

Safari Kajeje agira ati “Aha ni akarusho kuko amashuri yegereye ahangaha yari asanzwe ari ku i Kora n’ahitwa ku Kabali. Ni mu bilometero hafi bitanu bitanu. Niyubakwa, azarushaho kutwegera. Ibitaro byo ni Ruhengeri na Gisenyi, ni kure cyane.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Caritas, ashima gahunda Itorero ry’Abadiventiste rifite mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

Guverineri Mukandasira Caritas avuga ko ibyo bikorwa bizateza imbere uburezi n'imibereho myiza y'abaturage.
Guverineri Mukandasira Caritas avuga ko ibyo bikorwa bizateza imbere uburezi n’imibereho myiza y’abaturage.

Avuga ko kubaka ivuriro rigezweho mu gace ka Kanzenze, bizatuma abaturage baho n’aba Bigogwe babonera serivise hafi, bikazagabanya umubare munini w’abarwayi baganaga ibitaro bya Ruhengeri n’ibya Gisenyi.

Ingengo y’imari izakoreshwa kuri ibyo bikorwa ntiratangazwa. Ubuyobozi bw’iri torero buvuga ko bugiye gukora inyigo nyayo y’ibyo bikorwaremezo, ku buryo bizatangira kubakwa mu mwaka utaha.

Muri gahunda yiswe “Twese mu Murimo w’Ivugabutumwa” yatangiye tariki 13 Gicurasi 2016 ikaba ikorerwa ku masite 2226 mu gihugu, abizera b’Abadiventisite bamaze gutanga inkunga y’amafaranga asaga miliyoni 262,5Frw yo gufasha abatishoboye.

Abaturage ba Kanzenze na Bigogwe baravuga ko umunsi ivuriro ryubatswe muri ako gace, bizabafasha kubona serivise z'ubuvuzi hafi yabo.
Abaturage ba Kanzenze na Bigogwe baravuga ko umunsi ivuriro ryubatswe muri ako gace, bizabafasha kubona serivise z’ubuvuzi hafi yabo.

Muri iki gihe kandi, barakora n’ibindi bikorwa birimo gutanga amaraso afasha imbabare hirya no hino mu bitaro byo mu Rwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

imana izabahi umugisha satani nta kabirogoye ni james usa

james yanditse ku itariki ya: 23-02-2017  →  Musubize

Imana izahire uyu muyobozi kdi igikorwa kizayoborwe n,Imana .Amena

J.B Hitiy. yanditse ku itariki ya: 24-05-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka