Perezida Kagame yashimangiye ko iterambere rigomba gushingira ku musaruro uva mu gihugu

Perezida Kagame yabwiye abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Iburengerazuba ko bagomba kwibuka ko iterambere rigomba guturuka mu musaruro w’ibyavuye mu maboko yabo.

Bitagenze bityo ngo nta terambere u Rwanda rwagira mu gihe rugicungira mu byatumijwe mu mahanga, nk’uko yabitangarije mu kiganiro yagiranye nabo ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 16 Gicurasi 2016.

Perezida Kagame yasabye abaturage gukoresha imbaraga kugira ngo bagabanye umusaruro batumiza hanze.
Perezida Kagame yasabye abaturage gukoresha imbaraga kugira ngo bagabanye umusaruro batumiza hanze.

Yagize ati “Tugomba gukora cyane tukabona umusaruro mu byo dukenera byose. Igihe cyose tutabona ko ari ikibazo kuba dutumiza hanze ibyo dushobora kwikorera, nta mpinduka twageraho.”

Yavuze ko ibyo bizagerwaho ari uko abaturage bahinduye imikorere, no kutemerera ko umusaruro bakoreye ujyanwa hanze bakongera bakawugurisha Abanyarwanda ku giciro cyo hejuru.

Bamwe mu bavuga rikijyana bo muri iyi ntara bahawe umwanya babaza n'ibibazo batanga n'ibitekerezo.
Bamwe mu bavuga rikijyana bo muri iyi ntara bahawe umwanya babaza n’ibibazo batanga n’ibitekerezo.

Yagarutse ku kibazo cy’imyenda ya caguwa, avuga ko kuyica ari imwe mu ndangagaciro z’umuco Nyarwanda zo kutemera kwakira ibyasigajwe n’abandi.

Ati “Reka dufatanye twubake inganda zikora ibyo dukeneye. Ibi dusaba ntabwo ari ibintu bidashoboka. Birashoboka. Niba tugeze ku rwego rwo gukora mudasobwa, twananirwa gute gukora imyenda yambarwa n’Abanyarwanda?”

Bamwe mu bayobozi bakuru bari baherekeje Perezida.
Bamwe mu bayobozi bakuru bari baherekeje Perezida.

Perezida Kagame yavuze kandi ko kuba amahanga ashima u Rwanda iterambere rwagezeho, bikwiye kubera Abanyarwanda isomo ryo guharanira gukomeza kugera kure no kurinda ibyagezweho.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n'abavuga rikijyana bo muri iyi ntara, nyuma yo gufungura ku mugaragaro umushinga wa Kivu Watt.
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abavuga rikijyana bo muri iyi ntara, nyuma yo gufungura ku mugaragaro umushinga wa Kivu Watt.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

intara ni iy’Iburengerazuba

alias yanditse ku itariki ya: 17-05-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka