Gukunda umurimo no kuwitabira bizabageza ku iterambere

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Munyeshyaka Vincent, yaabye abatuye Gisagara kwitabira umurimo kuko aribwo buryo bwonyine bwabageza ku iterambere.

yabigarutseho ubwo yifatanyaga n’abaturage bo mu kagari ka Duwani umurenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara, mu gikorwa cy’umuganda usoza uku ukwezi, kuwa gatandatu tariki 30 Mata 2016.

Umunyamabanga wa leta uhoraho muri MINALOC n'uhagarariye ingabo muri Gisagara batangije inyubako y'Akagari ka Duwani.
Umunyamabanga wa leta uhoraho muri MINALOC n’uhagarariye ingabo muri Gisagara batangije inyubako y’Akagari ka Duwani.

Yagize ati “Umurimo niwo soko y’iterambere ryacu, icyo dusaba abaturage ni ukwitabira ndetse no gukunda umurimo, kuko biri no mundangagaciro zacu, nibiturange rero kuko nibwo buryo tuzazamuka.”

Uyu muganda wakozwe wabaye uwo gusiza no gushyira ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ibiro by’aka kagari ka Duwani ubusanzwe kakoreraga mu nzu z’intizanyo.

Umuganda mu Karere ka Gisagara kozwe ahazubakwa ibiro by'akagari ka Duwani.
Umuganda mu Karere ka Gisagara kozwe ahazubakwa ibiro by’akagari ka Duwani.

Abaturage b’aka kagari bavuga ko kwiyubakira akagari ari inshingano yabo kandi bagahamya ko bitazabananira kuko gukora ngo babisanganywe, nk’uko uwitwa Nyirimana Innocent yabitangaje.

Ati “Umurimo dusanzwe tuwitabira kandi dufite amaboko, kwiyubakira ibiro by’akagari rero nabyo tugomba kubigiramo uruhare kuko dushoboye.”

Umunyamabanga uhoraho muri MINALOC arasaba abatuye Gisagara kwitabira umurimo.
Umunyamabanga uhoraho muri MINALOC arasaba abatuye Gisagara kwitabira umurimo.

Ariko hari bamwe mu babyeyi bo muri uyu Murenge wa Kibirizi bavuga ko urubyiruko atari rwose rwitabira gukora, kuko hari abo usanga bakirirwa bazerera mu mihanda rimwe na rimwe ugasanga bafatwa bibye.

Munyeshyaka yahamagariye abatuye aka karere gushishikarira gukora, avuga ko umunsi w’umurimo wizihizwa tariki 1Gicurasi ukwiye kuba uwo kwikebuka buri muntu akareba niba yitabira gukora no kwera umusaruro.

Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara na bwo burashishikariza abaturage kwitabira gukora, kwita ku guhingira igihe cyane ko muri aka karere ari wo murimo w’ibanze uhakorwa, urubyiruko narwo rukitabira kwihangira imirimo no kwiga imyuga.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka