Bukavu na Maniema harabarurwa Abanyarwanda barenga ibihumbi 10

Komisiyo ishinzwe impunzi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yahagaritse ibikorwa byo kubarura impunzi z’Abanyarwanda igejeje ku 10.332 muri Kivu y’Amajyepfo na Maniema.

Gratien Mupenda Binankusu, umuyobozi wa komisiyo ishinzwe impunzi muri Bukavu (CNR), yatangaje ko igikorwa cyo kubarura impunzi z’Abanyarwanda muri Kivu y’amajyapfo na Maniema cyabaye gihagaritswe kikazongera gusubukurwa muri Mata.

Bamwe mu Banyarwanda bitandukanya n'ubuhunzi bagataha mu Rwanda.
Bamwe mu Banyarwanda bitandukanya n’ubuhunzi bagataha mu Rwanda.

Nubwo atatangaje impamvu yahagaritse iki gikorwa, avuga ko bari kwifashisha ikoranabuhanga ry’igikumwe muri iri barura kandi rikazagera ku mpunzi z’Abanyarwanda ubusanzwe zibarirwa mu bihumbi 40.

Ibarura ryo kubarura impunzi z’abanyarwanda muri Congo ryatangiye mu 2015 ariko muri Kivu y’Amajyaruguru ribangamirwa n’ibikorwa by’umutekano muke mu duce turimo Abanyarwanda nka Walikale, Lubero na Rutchuru aho bagiye barinzwe na FDLR yatambamiye iryo barura.

Leta ya Congo yatangiye ibikorwa byo kubarura impunzi z’Abanyarwanda bahahungiye hakoreshejwe ikoranabuhanga kugira ngo hamenyekane umubare nyakuri w’Abanyarwanda bari muri buhunzi muri Congo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka