Ruhango: Ushinzwe umutekano yafatanywe Kanyanga

Habarurema Emmanuel, wari ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Kibingo, yafatanywe Kanyanga tariki 05/10/2015, aho yayicurizaga.

Uyu muyobozi akaba yafatiwe mu mukwabo wakozwe na polisi, mu mudugudu wa Kibingo Akagari ka Munini, umurenge wa Ruhango, imufatana litiro 20 za Kanyanga ndetse na Litiro 28 z’inzoga y’ibikwangari.

Inzoga z'ibikwangari na Kanyanga yahaga abamugana babinywa kandi bazi neza ko bitemewe
Inzoga z’ibikwangari na Kanyanga yahaga abamugana babinywa kandi bazi neza ko bitemewe

Aho afungiye kuri polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, yiyemerera iki cyaha akanagisabira imbabazi. Ati “Rwose ndabyemera nafashwe, ariko bambabariye sinazongera, ahubwo nabafasha kubirwanya mbereka aho biri. Ikindi ndasaba abaturage imbabazi kuko nabiciraga ubuzima”.

Yemera icyaha akanagisabira imbabazi
Yemera icyaha akanagisabira imbabazi

Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Ruhango, CIP Rutagengwa Adrien, akaba yavuze ko bibabaje cyane kubona umuntu ushinzwe umutekano, ari we ugaragara mu bikorwa bibi nk’ibi byica ubuzima bw’abatuarege, akavuga polisi yahagurukiye kurwanya uwo ari we wese ukora akanacuruza ibiyobyabwenge.

Agasaba abaturage, gufata iya mbere bakajya batanga amakuru ku bantu bakekwaho gucuruza no gukora ibitemewe n’amategeko, bigira ingaruka mbi ku buzima bw’abaturage.

Mu cyumweru gishize, Polisi yari imaze gufata litiro 80 za Kanyanga ndetse na litiro 2500 z’inzoga y’ibikwangari.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Abayobozi nkabo bajye babakanira urubakwiye kuko ntabwo batanga urugero rwiza!!

Polisi yacu ijye ikorana ubushishozi

alpha rwabukamba yanditse ku itariki ya: 6-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka