Umusore yarohamye mu kivu arapfa

Umusore wo mu kagari ka Ruhingo umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yarohamye mu kiyaga cya Kivu .

Uwo musore warohamye yitwaga Uwiringiyimana Théogène w’imyaka 20 yarohamye saa sita z’amanywa ku wa 26 Nzeli 2015 akaba yarohamye ari koga.

Ikiyaga cya Kivu gikunze kurohamamo abantu
Ikiyaga cya Kivu gikunze kurohamamo abantu

Muhizi Patric Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge yemeje aya makuru agira ati‘‘Twababajwe n’urupfu rw’uwo musore warohamye mu ikiyaga cya Kivu mu gihe yari agiye koga, kugeza ubu tukaba tugishakisha umurambo we’’.

Uyu musore ngo yari asanzwe azi koga kuko n’ubundi yajyaga yoga muri iki kiyaga. Harakekwa ko yaba yarananiwe cyangwa akagera ahari Gaz akananirwa kuhava akarohama. Ubu umurambo we nturaboneka uracyashakishwa.

Mbarushimana Cisse Aimable

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

gusabirababaje land in dimly an vanish a an abandon we be his e

nisingizwe j pierre yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

OOO MBEGA UMUSORE UGIYE AGIKUNZWE.GUSA NI SAA YE YARIGEZE IMANA IMWAKIRE MUBAYO.

TUYISHIME yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize

Mana weeee agiye akiri muto pe , Imana imwakire mubayo

Muyinga yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize

Mana weeee agiye akiri muto pe , Imana imwakire mubayo

Muyinga yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize

Mbega umugeni ugize ibyago, wabona abantu batangiye kuvugako atera umwaku

Mado yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize

Amazi nta ncuti agira yewe niyo waba uzi koga kurusha ifi iyo urevye nabi aragutwara abantu bakwiye kugira amakenga bakirinda koga niba batabizi cgwa kwigirira ibiyizere birenze

Juma yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize

Nihanganisha cyane umuryango w’uyu musore, kandi ndabasengera imana ibafashe umurambo we uboneke, gusa byakabere isomo nbandi bose bakamenya ko ikivu atarikyo kogeramo uko wiboneye, kuko niyo waba uzikoga bingana iki burya amazi nkay’ikivu ntakinishwa.

sam muhire yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka