Karongi: Imodoka yaguye mu Kivu yakuwemo umushoferi arabura
Imodoka yari yaguye mu Kivu muri iki gitondo mu karere ka Karongi yaje gukurwamo ariko uwari uwitwaye akomeza kuburirwa irengero.
Iyo modoka yo mu bwoko bwa Jeep ya haval 5 yavanywemo mu masaha y’umugoroba , nyuma y’amasaha menshi ishakishwa ku bufatanye n’ingabo, Polisi na sosiyete y’Abashinwa ikorera muri ako gace. Gusa icyakomeje kuyoberana ni uburyo uwari uyitwaye atabashije kuboneka.
Umunyamakuru wa Radiyo Isangano wageze ahabereye impanuka yatangarije Kigali Today ko imodoka yari yaje Karongi itwaye abantu baje mu nama y’abana ku ntara yateguwe na NCC.
Uwo mushoferi yahise ajya kuyogesha ariko aza gukora impanuka ubwo bo bazanye bamuhamagaraga. Abaturage bayibonye iyo mpanuka iba bavuga ko itihutaga ahubwo yatewe n’uko yagonze igiti igahita igwa mu Kivu.
Permis y’umushoferi yasigaye imusozi mbere y’uko igwa mu Kivu, abayitoye basanze ifite kategori A kandi itemerewe gutwara imodoka.
Ahaguye imodoka si ubwambere habereye impanuka, kuko mu myaka ishize habereye impanuka y’ikamyo na taxi ariko ntibyigeze biboneka kubera uburebure bwaho.
Sylidio Sebuharara
Ibitekerezo ( 9 )
Ohereza igitekerezo
|
Njyendabona uyumushoferi(umunamba) yabonye akoze amahano akayisimbuka akavamo akoga ahubwo akaba akihishe.kuko abantu bo kivu baba bazi koga
nimurebe neza nimureba neza
murasanga ikirahuri gifunguye ahubwo ashobora kuba yaheze mu isayo hasi
Imiryango y’imidoka kuba ifunze ntago bisobanura ko imodoka ikinze, ntago urabona accident ugasanga umuntu urukweto n’isogisi byavuyemo kandi inkweto zari zifunze accident ni gutyo, birashoboka ko mugihe yagwagamo yarahise afungura ngo agerageze koga, noneho imodoka nayo uko ijyenda ihura nibiri mumazi ikikinga
@ kumugina ninde ukubwiye ko imodoka ifunze se?
Chauffeur wasanga imodoka yaraguyemo imiryango nako ibirahuri byinzugi bifunguye agahita acamo akoga akabura cyangwa se amafi yamuriye gusa abamarine ndabememra sana niba ari mumazi nawe arashikishwa kandi araboneka niyo yaba yaratorotse azafatwa kuko police yacu iri tayari
ngewe ndabona yashimunswe cg yayitayemo nawe agahita yiyahura plz iriyamodoka irafunze hose yanyuzehe? perime ye yanyuzehe? yogine ntakindi cyangombwa birikumwe ese yaba ntamuntu wundi barikumwe .mutugezeho ayandi makuru sawa
ntibyumvikana ukuntu ibyangombwa byasigaye imusozi kdi ukabona imodoka ntacyo yabaye inafunze hose?ubwo c yanyuzehe avamo?mukomeze mushakishe yenda araboneka
Ntibyumvikana, ukuntu ibyangombwa byasigaye imusozi. ikindi ko mbona imiryango yayo ifunze yose chauffeur yavuyemo ate ari mu mazi kongera agafunga cyerka niba ari dayimoni ifite ingufu.
nonese nigute yaguyemo ifunze chauffeur akavamo? ndabona yanavuyemo ifunze imiryango. bakomeze bashakishe