Gicumbi: Ubukorikori bwafashije urubyiruko kwivana mu bukene

Bamwe mu bana bo mu murenge wa Rutare bakora ubukorikori bwo kubaza imitako n’imirimbo bavuga ko bimaze kubateza imbere.

Bamwe muri uru rubyiruko bavuga ko imyuga bize yabafashije kubasha kubona imirimo, nk’uko uwitwa Rukundo Girbert yabitangarije Kigali Today mu mpera z’icyumweru gishize.

Imitako imwe ikorwa mu biti.
Imitako imwe ikorwa mu biti.

Rukundo avuga ko atagize amahirwe yo kurangiza amashuri yisumbuye kuko yagarukiye mu cyiciro cya mbere ariko ko kwiga imyuga byamufashije kwiteza imbere.

Yemeza ko yabashije kwifunguriza konti yo kubitsamo ubu akaba abasha kwizigama amafaranga agera kubihumbi 20 mu kwezi kumwe.

Iyi gahunda yo kwiga imyuga imara amezi atatu, gusa aho abana bigishwa ibijyanye no gukora imitako mu biti ndetse n’imirimbo. Igikomo kimwe avuga ko bakigurisha hagati y’amafaranga 500 ni 1000 bitewe nuko gikoze ndetse n’ibara ryacyo.

Bumwe mu bukorikori bakora.
Bumwe mu bukorikori bakora.

Rwirangira Diodore umukozi w’akarere ka Gicumbi ufite mu nshingano ze urubyiruko atangaza ko ubu icyo ubuyobozi burangaje imbere ari ugufasha urubyiruko kwihangira imirimo rukiga imyuga ikubiyemo ubukorikori ubukorikori butandukanye kugirango rwikure mu bukene.

Asanga abana benshi barangiza amashuri yisumbuye nta mahirwe menshi bafite yo kubona akazi kabahemba umushahara w’ukwezi bigatuma usanga nta mibereho myiza bafite nyuma yo kurangiza kwiga.

Bfite n'umuryo batera imyenda mu mabara.
Bfite n’umuryo batera imyenda mu mabara.

Yagize ati “Ubu gahunda ihari niyo kubabumbira muri za koperative bakamenya guhanga imirimo ndetse bakiga gukora ubukorikori butandukanye.”

Hari imfashanyo akarere kagenera urubyiruko biciye muri gahunda ya “Kora Wigire” mu rwego rwo kubafasha guhanga imirimo. Urubyiruko rwiga umushinga rwamara kuwurangiza rukawujyana ku karere maze bakaba inkunga yo gutangira uwo murimo.

Imwe mu myuga yigishirizwa muri iki kigo irimo gukora inigi amaherena ibikomo, imirimbo bakura mu masaro yo mu mpapuro, no gutera amabara mu myenda no gukora inzara.

Ernestine Musanabera

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka