Ruhango: Bamuteye icyuma mu nda amara arasohoka

Uramutse Evariste wo mu Kagari ka Mwendo mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango yitabye Imana ku wa 28 Kanama 2015 nyuma yo guterwa icyuma n’iwitwa Mpunga Vianney.

Hari mu ma saa yine z’ijoro ubwo aba bombi bari mu Gasantire ka Vunga mu Kagari ka Mwendo maze Mpuga agatera icyuma mu nda Uramutse maze amara yose ngo agahita asohoka.

Mu gihe Mpunga yahise atoroka, abaturage bo bihutiye gutumizaho imbangukiragutabara itwara Uramutse ku Bitaro bya Ruhango ariko agezeyo ahita yitaba Imana. Ku bufatanye bw’inzego z’umutekano ariko Mpunga ngo yaje gutabwa muri yombi ku gicamunsi cyo ku wa 29 Kanama 2015.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbuye, Kigarira Philemon, avuga ko kugeza ubu bataramenya icyatumye Mpunga atera mugenzi we icyuma, gusa ngo aracyahatwa ibibazo aho afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mbuye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Birababaje Rwose Gusa Ubabuze Uwabo Bihangane Gusa Ahanwe

Emelyne yanditse ku itariki ya: 7-09-2015  →  Musubize

Imiryango yabuze ababo ikomeze kwihangana. kdi ababuze ubuzima Imana ibakire mubayo.

Gashayija camille yanditse ku itariki ya: 4-09-2015  →  Musubize

NIMUMUSHYIKIRIZD UBUTABERA

STRATON yanditse ku itariki ya: 2-09-2015  →  Musubize

Inzego z’umutekano zacu turazemera nibamushyikirize ubutabera bumukanire urumukwiye

Kibwa yanditse ku itariki ya: 31-08-2015  →  Musubize

Uwomuntu Akwiriye Guhanwa

Kwizera yanditse ku itariki ya: 30-08-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka