Kagugu: SFH irapima SIDA no mu masaha y’injoro

Abakozi b’Umuryango Society for Family Health (SFH) barimo gupima SIDA ku bushake i Kagugu mu Karere Gasabo, bakanageza ninjoro kugira ngo abakozi badacikanwa.

Umukozi wa SFH wari urimo gupima yavuze ko iki gikorwa kizamara iminsi ibiri i Kagugu kuva tariki 27/8/2015, kikazajya kibera n’ahandi mu gihe cya ninjoro kuko ngo abantu benshi bataboneka ku manywa.

SFH mu gusuzuma agakoko gatera SIDA mu masaha y'ijoro.
SFH mu gusuzuma agakoko gatera SIDA mu masaha y’ijoro.

Yagize ati "Benshi baba biriwe mu mirimo, batazi aho gahunda zo kwisuzumisha zibera. Aya ni amahirwe bahabwa."

Abenshi mu bari baje kwipimisha agakoko gatera SIDA ku bushake bahamya ko batari bazi uko bahagaze, kandi ngo nta dukingirizo bakibona hafi ngo badukoreshe.

Umwe muri bo yagize ati "Ntabwo nari nzi uko mpagaze kandi buri munsi umuntu abyuka yigendera, kandi nawe urabona ko tugeze mu bihe by’ubusore[ashaka kuvuga ko bitoroshye kwirinda gukora imibonano mpuzabitsina]."

Ministeri y’ubuzima yatangaje mu kwezi gushize ko ubwandu bwa SIDA mu Rwanda bubarirwa kuri 3%; ikigero gikabije ngo kikaba kiri mu batunzwe no kwicuruza cyangwa indaya.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka