Rwamagana: Ibitaro bya Rwamagana byabonye umuyobozi mushya

Dr. Mukeshimana Madeleine niwe wagizwe umuyobozi mushya w’Ibitaro bya Rwamagana wasimbuye Dr. Nkuranga John Baptist ugiye gukomeza kwiga.

Mu ihererekanyabubasha hagati y’aba bayobozi bombi kuri uyu wa gatanu tariki 21 Kanama 2015, Dr. Nkuranga yashimiye abakozi bose ku bufatanye n’ubwitange bakoranye bwatumye Ibitaro bya Rwamagana biva ku rwego rw’Akarere bigashyirwa ku rwego rw’Intara.

Dr. Nkuranga John Baptist ahererekanya ububasha na Dr Mukeshimana Madeleine watangiye kuyobora Ibitaro bya Rwamagana.
Dr. Nkuranga John Baptist ahererekanya ububasha na Dr Mukeshimana Madeleine watangiye kuyobora Ibitaro bya Rwamagana.

Mu bibazo by’ingutu byakemutse ku buyobozi bwe, harimo icy’umwanda ukabije warangwaga muri ibi bitaro.

Dr. Nkuranga avuga ko agiye yishimiye intambwe ibi bitaro biriho kandi agashimira abakozi bose, guhera ku bashinzwe isuku kugeza ku baganga b’inzobere ngo kuko ubufatanye bwabo ni bwo bwashoboje ibi bitaro gutera imbere.

Dr. Mukeshimana Madeleine wari usanzwe akuriye abaganga, nyuma yo guhabwa ububasha nk’Umuyobozi w’Agateganyo w’Ibitaro bya Rwamagana, yasabye abakozi bose b’ibitaro gukomeza ubufatanye kugira ngo intambwe bigezeho itazasubira inyuma.

Ubuyobozi bw'Akarere ka Rwamagana bwahaye impano Dr. Nkuranga nk'ikimenyetso cy'uko yayoboye neza Ibitaro bya Rwamagana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwahaye impano Dr. Nkuranga nk’ikimenyetso cy’uko yayoboye neza Ibitaro bya Rwamagana.

Dr. Mukeshimana avuga ko bizagerwaho abakozi bose barushaho gukorera mu matsinda kugira ngo serivise zihabwa abagana ibitaro zirusheho kunozwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Uwizeyimana Abdoul Kalim, na we yasabye abakorera mu Bitaro bya Rwamagana kurushaho kunoza serivise z’ubuvuzi batanga ngo kuko iyo ubuzima buhagaze neza n’abaturage batera imbere.

Dr. Nkuranga asanzwe ari impuguke mu buvuzi bw’abana (Pediatric) ukuva ku bana b’ukwezi kumwe kugeza ku myaka 14, agiye gukarishya ubumenyi mu buvuzi bw’impinja (Neonatology) ni ukuva umwana akivuka kugeza ku kwezi.

Abaganga n'abakozi b'Ibitaro bya Rwamagana bari bitabiriye iki gikorwa.
Abaganga n’abakozi b’Ibitaro bya Rwamagana bari bitabiriye iki gikorwa.

Izi mpinduka mu buyobozi bw’Ibitaro bya Rwamagana zahuriranye no kwakira abaganga bashya b’inzobere mu kubaga abarwayi, kuvura indwara zo mu mubiri n’iz’abana. Izi mbaraga ngo zikazafasha ibitaro kurushaho gutanga serivise nziza ku babigana.

Emmanuel Ntivuguruzwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

courage kuruwo muyobozi wacu mushya kandi bravon kuruwo ugiye gukomeza kwiga yateyeje intambwe igaragara ibi bitaro pe!!!

alias yanditse ku itariki ya: 30-10-2015  →  Musubize

Bravo kuri Dr NKURANGA n’umuhanga turamuzi n’Ibutare kuri kaminuza yari umuhanga kandi akunda kwiga none umva yayoboraga neza, gusa icyo namwisabira narangiza kwiga azagaruke mu Rwanda tumutezeho byinshi

Fills yanditse ku itariki ya: 3-09-2015  →  Musubize

Yarumugabo ugaragaza ubuhanga numurava.

fille yanditse ku itariki ya: 23-08-2015  →  Musubize

ahoo!!!. Hari ikintu kimwe nisabira minister of health. nagire vuba atabare ibitaro bya Rwinkwavu. hashobora kuzabaho Explosion vuba cyane. umuyobozi wabyo karamunaniye.azakore sondage gusa yiyumvire ibihabera.

king yanditse ku itariki ya: 23-08-2015  →  Musubize

oyee ndishimye ndamuzi numuhanga

fisi yanditse ku itariki ya: 22-08-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka