Nabonye ko umuntu wimuye umusozi ari uwatwaye ibuye rimwe rimwe-Ben Nganji

Umuhanzi Bisangwa Nganji Benjamin wamenyekanye cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Ben Nganji aratangaza ko intego ze yabashije kuzigeraho nyuma y’igitaramo “Inkirigito Concert” yakoze mu mpera z’uku kwezi.

Mu gitaramo yise “Inkirigito Concert” yanaririmbanyemo n’abahanzi batandukanye nka Sophia Nzayisenga, Daniel Ngarukiye, KNC na Ntamukunzi Theogene cyabaye muri weekend ishize ku wa 31 Nyakanga 2015, Beni Nganji yabashije gushimisha abakunzi be bari bahari mu ndirimbo ze nka Ramba Ramba, Mbonye Umusaza n’izindi ndetse abenshi bananyurwa n’inkirigito dore ko abenshi bayumvaga ivugwa ariko batarayumva Ben ayivuga imbonankubone.

Ben Ngaji mu gitaramo "Inkirigito".
Ben Ngaji mu gitaramo "Inkirigito".

Ben Nganji uvuga ko kuri ubu arimo kuruhuka nyuma yo kwesa imihigo yari yihaye, agahamya ko yishimiye cyane uburyo byagenze dore ko ari imwe mu nzozi ze ngo yabashije gukabya.

Agira ati “Nabonye ko umuntu wimuye umusozi ari umuntu wagiye atwara ibuye rimwe rimwe. Nishimiye cyane kubona indirimbo zanjye zizwi n’abantu. Ikindi, imbaraga zanjye, imyiteguro yanjye, nabonye ko rwose byagenze nk’uko nabyifuzaga n’ubwo bitaba 100% ariko nageze ku ntego yanjye kuko ibyo nashakaga kwereka Abanyarwanda ko nzi umuziki kandi nshobora gutegura igitaramo cyanjye...”

Ababyinnyi ba Ben Nganji bari babukereye.
Ababyinnyi ba Ben Nganji bari babukereye.

Yakomeje agira ati “Ni njyewe witeguriye igitaramo cyanjye ku giti cyanjye nta n’umuntu umpaye inoti y’igihumbi rwose kandi mbigeraho. Nabonye ko bishoboka ku giti cyanjye nta muntu n’umwe unteye inkunga.”

Ben Nganji yakomeje adutangariza ko nubwo hatavuyemo amafaranga menshi cyane ariko yabashije kwishyura abamucurangiye, yishyura abamuririmbiye ndetse n’abandi bose bagiye bagira akazi bakora kajyanye na kiriya gitaramo kandi byose bikaba byaragezweho ari nta muntu n’umwe umuhaye inkunga.

Salle yari yuzuye.
Salle yari yuzuye.

Ngo bikaba byaramweretse ko mu gihe azaba yabashije noneho kubona abamutera inkunga azakora ibirenze kure ibyo Abanyarwanda babonye.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

uyumuhanzi numuhanga cyanecyane murwenya imana ikomeze kumurinda knd imwongerere ubumenyi

turatsinze aman van gaal yanditse ku itariki ya: 5-08-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka