Rulindo: Musabimana wari ukurikiranyweho kwica umugabo we yakatiwe gufungwa burundu

Urukiko rukuru rwa Gicumbi rwahamije icyaha cyo kwiyicira umugabo Musabimana Solina wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Rulindo, maze rumuhanisha igifungo cya burundu.

Muri uru rubanza rwasomwe ku wa 28 Gicurasi 2015, Musabimana yaburanaga yemera icyaha cyo kwica umugabo we witwaga Gakera Valens.

Yavugaga ko icyatumye yiyicira umugabo akoresheje ishoka ari amakimibirane ashingiye ku mitungo ndetse no kuba yaramucaga inyuma, aho yavuze ko yari yaramushakiyeho abandi bagore.

Musabimana yakatiwe gufungwa burundu.
Musabimana yakatiwe gufungwa burundu.

Ubwo urubanza rwe rwasomerwaga mu ruhame, bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rulindo bavuze ko icyemezo cyo gucira imanza mu ruhame kizafasha abaturage gutinya icyaha no kubona ko ubutabera bwabegerejwe.

Ikindi ngo ni uko bizajya bifasha abaturage kumenya uburyo icyaha cyakozwemo n’igihano cyatanzwe, bitandukanye no kubajyana mu nkiko aho buri muturage atabashaga gukurikirana urubanza.

Kayiranga Eugène yagize ati “Kuburanishiriza abicanyi mu ruhame ni byiza kuko bizatuma abantu batinya kwicana, kandi binatuma tumenya uko uwakoze icyaha yabikoze, icyo yabikoreye, ndetse tunamenye igihano yahawe twese”.

Musabimana Solina yishe umugabo we mu ijoro ryo ku itariki ya 15 Gicurasi 2015 akaba yari yarabyaranye abana bane na nyakwigendera Gakera Valens.

Hortense Munyantore

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

birababaje pee!!! kwicana abantu bamaze kubigira umukino leta nikaze amasomo kuko ibihano ntibakibitinya.

tdd yanditse ku itariki ya: 23-06-2015  →  Musubize

icyogihano nicyo100%

rusa paccy yanditse ku itariki ya: 4-06-2015  →  Musubize

nukuri guhanirwa muruhame nibyizape

rusa paccy yanditse ku itariki ya: 4-06-2015  →  Musubize

rwose uyumudamu igihano y ahawe kiramukwiriye100% ariko mbabajwe nabana .

kimasa yanditse ku itariki ya: 31-05-2015  →  Musubize

Ok!Abereye abandi akabarore! Erega tumenyeko ingaruka z’icyaha arimbi!Gusa asabe imbabazi kandi yicuze Imana iramubabarira azabone ubugingo buhoraho!

Hakizimana Emmanuel yanditse ku itariki ya: 29-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka