Ubuyobozi bw’u Rwanda burashaka gutega amatwi urubyiruko ruba mu mahanga-Mushikiwabo

Ministiri Mushikiwabo ushinzwe ububanyi n’amahanga na Francis Kaboneka w’Ubutegetsi bw’Igihugu, bamenyesheje rubyiruko rugera kuri 700 ruturutse hirya no hino ku isi, ruteraniye muri Kaminuza ya Texas Christian University muri Leta zunze ubumwe za Amerika, ko u Rwanda rukeneye imbaraga zabo kandi rushaka kubatega amatwi.

Minsitiri Mushikiwabo wafunguye ihuriro, yabwiye Rwanda Youth Forum ko u Rwanda rukeneye kumva urubyiruko n’ibyo rukeneye ku buyobozi bw’igihugu, nk’uko byanasabwe n’abayobozi batandukanye ku mbuga nkoranyambaga zabo.

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Louise Mushikiwabo yizeza urubyiruko ruri mu mahanga ko u Rwanda rufite ubushake bwo kurutega amatwi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo yizeza urubyiruko ruri mu mahanga ko u Rwanda rufite ubushake bwo kurutega amatwi.

Ati “Muri abantu b’ingenzi cyane,turashaka kubumva”, nk’uko Ministiri Mushikiwabo yabimenyesheje.”

Minisitiri w'ubutegetsi bw'Igihugu Kaboneka aganira n'urubyiruko ku mateka y'u Rwanda, imiyoborere mibi yaruranze n'intambara yo kurubohora.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Kaboneka aganira n’urubyiruko ku mateka y’u Rwanda, imiyoborere mibi yaruranze n’intambara yo kurubohora.

Ministiri Kaboneka watanze ikiganiro gisobanura ubwitange bw’ababohoye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yashimangiye ko “n’ubwo u Rwanda ari ruto, abanyarwanda batekereza mu buryo bwagutse.”

Kaboneka asobanurira urubyiruko ruba mu mahanga ukuntu u Rwanda rwahoze ari igihugu cyiza cyunze ubumwe ariko kikaza kwisanga mu macakubiri ashingiye ku moko yaje no kukigeza kuri Jenoside.
Kaboneka asobanurira urubyiruko ruba mu mahanga ukuntu u Rwanda rwahoze ari igihugu cyiza cyunze ubumwe ariko kikaza kwisanga mu macakubiri ashingiye ku moko yaje no kukigeza kuri Jenoside.

Ikiganiro yatanze cyagiraga kiti “Standing on the Shoulders of Giants”, bivuze ngo guhagarara ku bitugu by’abakomeye.”

Minisitiri Kaboneka Francis yahuje urugwiro n'urubyiruko.
Minisitiri Kaboneka Francis yahuje urugwiro n’urubyiruko.

Ibiganiro bihuje urubyiruko ruvuye hirya no hino ku isi, hamwe n’abayobozi b’u Rwanda birakomeje, bakaba bagiye mu kanya kwakira Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka