Ruhango: Turifuza Umusenateri uzadushyiriraho amategeko abumbatira ibyo twagezeho- Njyanama

Inama Njyanama y’Akarere ka Ruhango iravuga ko yifuza umusenateri uzabahagararira neza mu Nteko Inshanga Amategeko/umutwe wa Sena, ko agomba kuba ari uwabafasha gukomeza gushyiraho amategeko abumbatira ibyo Abanyarwanda bamaze kugeraho, ndetse no gukomeza kubiteza imbere.

Babivugiye mu nama ya Njyanama y’Akarere ka Ruhango kuri uyu 21 Gicurasi 2015, ubwo abakandidai bane bari barimo kwiyamamariza umwanya umwe wo kuzasimbura senateri Bizimunga Jean Damascene ubu washinzwe indi mirimo akaba ayobora Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG).

Abakandida bane bahatanira gusimbura Bizimana Jean Damascene muri Sena y'u Rwanda.
Abakandida bane bahatanira gusimbura Bizimana Jean Damascene muri Sena y’u Rwanda.

Buri mukandida yanyuraga imbere y’abajyanama b’Akarere ka Ruhango guhera mu mirenge kugera ku karere, avuga ibigwi bye n’ibyo yiteguye kuzakorera Abanyarwanda igihe azaba agiriwe icyizere n’iyi nteko itora.

Abajyanama bagaragaje kunyurwa n’ibigwi by’abakandida, maze bavuga ko basanze bose ari inararibonye bafite byinshi bageza ku Banyarwanda.

Rusanganwa Theogene, Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Ruhango, yavuze ko bishimiye abakandida bose barimo kwiyamamaza.

Yagize ati “Nkatwe turi hano ku bw’abaturage badutumye, turasaba ko uzagira amahirwe muri aba bakandida, yakomeza kubumbatira ibyiza tumaze kugeraho, ariko akanarushaho kubiteza imbere”.

Inama Njyanama y'Akarere ka Ruhango irasaba uzatorerwa kuba senateri kuzakomeza kubumbatira ibyagezweho anabiteza imbere.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ruhango irasaba uzatorerwa kuba senateri kuzakomeza kubumbatira ibyagezweho anabiteza imbere.

Abakandida senateri bane barimo kwiyammariza mu Ntara y’Amajyepfo, ni Havugimana Emmanuel usanzwe ari umwarimu mu Kaminuza y’u Rwanda, Zinarizima Diogene ushinzwe ibikorwa byo guhuza uruganda rwa Ruliba n’abakiriya akana na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe, Nkurayija Jean de la Croix na we wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda ndetse na Mucyo Jean de Dieu wari umaze igihe ayobora CNLG.

Ntibirindwa Souede, Umukomiseri muri Komisiyo y’Amatora, yasabye abajyanama bose bazatora, kuzitwara neza kandi bakubahiriza igihe cyagenwe.

Biteganyijwe ko kwiyamamaza kuri aba bakandida bizarangira ku wa 27 Gicurasi 2015, amatora akazaba ku wa 29 Gicurasi /2015, agatangira saa yine akarangira saa cyenda.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ariko Mana wafashije Mucyo agatorwa maze agakomeza kubaka igihugu nkuko asanzwe abikora. uyu mwanya rwose arawukwiye

semana yanditse ku itariki ya: 22-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka