Aho gusohora umubyeyi yamufashije umwana ngo na we akurikire isomo rye

Sydney Engelberg, umwarimu muri kaminuza y’i Yeruzalemu, yabaye icyamamare ku mbuga nkorayambaga kubera ifoto ye ari kwigisha ateruye umwana w’umwe mu banyeshuri be.

Nk’uko byatangajwe n’igitangazamakuru Jerusalem Post, nyina w’umwana ngo yari agiye gusohoka mu ishuri kubera ko umwana we yari yazanye kwiga yari ari kurira. Ariko ngo yatangajwe n’uko umwarimu wari uri kubigisha, ari we Sydney Engelberg, yamufashe akamuhoza, ni uko agakomeza kwigisha amuteruye.

Sydney Engelberg yafashije umwana umunyeshuri we yigisha amuteruye.
Sydney Engelberg yafashije umwana umunyeshuri we yigisha amuteruye.

Igikorwa cy’uyu mwarimu w’imyaka 67 cyagizwe intibagirana n’abanyeshuri bamufotoye bagashyira amafoto ye ku mbuga nkoranyambaga. Hari n’umwe mu banyeshuri wanditse kuri iyi foto ngo « dore umwarimu urajwe inshinga n’uko abanyeshuri be biga».

Umukobwa w’uyu mwarimu avuga ko ibyo se yakoze bitamutangaje kuko ngo ubusanzwe akunda abana cyane. Ngo ni na yo mpamvu yemerera abamama kuzana abana babo kwiga.

Sydney Engelberg na we, aho aboneye ukuntu amafoto ye agenda yoherezwa ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko « ntacyo yakoze kidasanzwe».

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Ni Umuyuda rwose! Ndushijeho kubakunda. Imana imwongerere imigisha.

Bena yanditse ku itariki ya: 13-03-2016  →  Musubize

Nange ahomboneye iyinkuru ngizenti :uyumwarimuni intangarugero2

Eliezel ndikumana yanditse ku itariki ya: 23-11-2015  →  Musubize

Nagize ingorane zo kutiga no kutabyara nari gukunda abana kumurusha ariko aranshimishije sana

Alias John yanditse ku itariki ya: 8-06-2015  →  Musubize

Dufite abarimu nkabo isi yacu paradizo naho abandi bo usanga bareba ku masaha gusa ngo barebe ko igihe cyabo kirangiye

Habiyambere Aime yanditse ku itariki ya: 21-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka