Rusizi: Umushinwa yakunze u Rwanda ahitamo kuhakorera ubukwe

Umushinwa witwa Li Peng wamaze no gufata izina ry’ikinyarwanda rya “Irakiza” ukora mu ruganda rukora rwa CIMERWA rubarizwa mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, nyuma yo gukunda igihugu cy’u Rwanda n’imico y’abagituye, yahisemo gukorera ubukwe bwe mu Rwanda.

Li Peng avuga ko kuva yagera mu Rwanda yagiye yitegereza imigenzo n’imico y’abanyarwanda, uko agenda arushaho kunezezwa nabyo bikomeza kumukurura kugeza aho yahisemo gutumira umukunzi we wari mu Bushinwa ngo bakore ubukwe bwa Kinyarwanda.

Li Peng avuga ko ubukwe bw’iwabo butandukanye n’ubwo mu Rwanda kuko iwabo babifata nk’akantu gato kandi ari umuhango ukorwa rimwe mu buzima.

Li Peng Irakiza n'umugore we, Fan Le bakoze ubukwe bwa Kinyarwanda.
Li Peng Irakiza n’umugore we, Fan Le bakoze ubukwe bwa Kinyarwanda.

Kubera gukunda u Rwanda ngo byatumye afata n’izina ry’ikinyarwanda kugira ngo nasubira iwabo azakomeze kuzirikana ibihe byiza bagiriye mu Rwanda.

Bamwe mu bashinwa bakora muri uru ruganda bashyigikiye Li Peng Irakiza mu gihe abandi bagenzi be b’abashinwa bakorana bareberaga ibirori byabo kure.

Pasitori Habimana Aléxis n’umufasha we bari bahagarariye ababyeyi ba Li Peng Irakiza bo bavuga ko nyuma yo kubagana akabagezaho icyifuzo cyo kumubera ababyeyi babyishimiye, cyane cyane ko bihesha u Rwanda agaciro kuba hari abanyamahanga bigana imigenzo y’u Rwanda itandukanye bakagenda bayikwirakwiza iwabo.

Abatumirwa bishimiye ubukwe bw'abanyamahanga bifuje kubukora Kinyarwanda.
Abatumirwa bishimiye ubukwe bw’abanyamahanga bifuje kubukora Kinyarwanda.

Li Peng na Fan Le bakoreye ubukwe bwabo mu rusengero rwa ADEPER mu Murenge wa Gitambi haririmbwa indirimbo za Kinyarwanda. Nyuma y’ubu bukwe bwabaye ku wa gatandatu tariki ya 02 Gicurasi 2015, aba bageni ngo bazajya kubwereka ababyiye babo mu Bushinwa.

Li Peng Irakiza amaze imyaka 2 mu Rwanda mu gihe umukunzi we Fan Le ahamaze icyumweru kimwe gusa kuko yazanywe no gukora ubukwe.

Andi mafoto:

Abanyarwanda bavuga ko ibi biha isura nziza u Rwanda.
Abanyarwanda bavuga ko ibi biha isura nziza u Rwanda.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

tumuhe ikaze kuko iryo nishema ku rwanda

fabien yanditse ku itariki ya: 29-05-2015  →  Musubize

GOGO, NTA BINDI SE IMANA YAVUZE?

vugabyose yanditse ku itariki ya: 6-05-2015  →  Musubize

Go go watubwira aho byanditse natwe tukisomera niba atari amakbya nkuru

kay yanditse ku itariki ya: 6-05-2015  →  Musubize

ibi byarahanuwe. imana yavuze ko nyuma yo kubabara u Rwanda izaruzamura rukabera urugero amahanga. Ni byo biri kuba.

gogo yanditse ku itariki ya: 5-05-2015  →  Musubize

TURISHIMYE CYANE NABANDIBABUKORE

HAVUGIMANA BRENARDIN yanditse ku itariki ya: 5-05-2015  →  Musubize

Turishima cyane iyo twumva turi intangarugero kumahanga. kuko biduhesha ushema n’agaciro.

Kabebe yanditse ku itariki ya: 5-05-2015  →  Musubize

Turishima cyane iyo twumva turi intsngarugero kumahanga.

Kabebe yanditse ku itariki ya: 5-05-2015  →  Musubize

Yshakaga gukoresha make sha ntatubeshye.

kl yanditse ku itariki ya: 5-05-2015  →  Musubize

izina ry’u Rwanda benshi bakomeje kurihururira kandi ni ukuri rifite agaciro

kazigaba yanditse ku itariki ya: 5-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka