Abacuruzi bagiye kuruhuka ingendo bakora bajya kurangura –Min Kanimba

Mu rugendo Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Franҫois Kanimba yagiriye mu Karere ka Kirehe ku wa 24 Mata 2015 asura ahagiye kubakwa isoko mpuzamahanga ryambukiranya imipaka rya Rusumo, yavuze ko isoko rigiye kubakwa rizafasha abacuruzi barituriye kubonera ibicuruzwa hafi.

Muri urwo ruzinduko, Minisitiri Kanimba yagiranye ikiganiro n’abashoramari bo mu Karere ka Kirehe berekwa igishushanyo mbonera cy’isoko habaho no kungurana ibitekerezo.

Minisitiri Kanimba yatangarije abashoramari ko isoko ry’ubucuruzi bwambukiranya imipaka bugomba gushyirwamo ingufu kuko bifasha iterambere cyane cyane mu karere ryubatsemo.

Barateganya ko ku mupaka wa Rusumo haba umujyi w'icyitegererezo.
Barateganya ko ku mupaka wa Rusumo haba umujyi w’icyitegererezo.

Ati “Isoko ry’ubucuruzi bwambukiranya imipaka ni kimwe mu bibazo tugomba gukemura. Ibicuruzwa byavaga muri Tanzaniya bikaruhukira i Kigali bibanyuzeho, ariko ubu bigiye kujya bipakururirwa hano uvuye Tanzaniya abibonere hafi namwe abanyakirehe mubibonere hafi inyungu ziyongere. Muzakora ubucuruzi bwa buri munsi mu buryo bworoshye mutabanje kujya kubishakira kure”.

Kayitesi Consolée, umushoramari mu Karere ka Kirehe, avuga ko yishimiye igitekerezo cyo kubaka iryo soko kuko ngo byajyaga bibahenda kujya kurangura i Kigali ibicuruzwa bibanyuraho.

Ati “Iri soko ni iryacu ni inyungu ku Banyakirehe kuko twavunikaga dukora ingendo tujya kurangura i Kigali bimwe mu bicuruzwa binyura k’umupaka duturiye. Tugiye kwiteza imbere kuko tubonye isoko hafi, ubu ndi mu bantu 35 bamaze kugura imigabane nkakangurira n’abandi kubyitabira”.

Umwe mu bateguye igishushanyo mbonera yerekana uko isoko rizaba riteye.
Umwe mu bateguye igishushanyo mbonera yerekana uko isoko rizaba riteye.

Lambert Muhawenimana uhagarariye urugaga rw’abikorera i Kirehe ati “Ni ishema ku Banyakirehe, ni isoko dutekereza ko abacuruzi banini n’abato bose bazibonamo, bityo tugasaba ko kirehe tuba aba mbere mu guhabwa amahirwe ku byiza by’iryo soko. Turashishikariza acuruzi gukomeza kugura imigabane”.

Minisitiri Kanimba yavuze ko hari byinshi bigomba kunozwa kugira ngo hubakwe isoko rijyanye n’igihe kandi buri mushoramari wese yibonamo.

Ati “Inyigo y’igishushanyo mbonera iracyakomeje tuzagaruka mu kwezi gutaha n’inzobere za MINICOM mu mishinga ijyanye no kubaka amasoko turebe uburyo twabinonosora namwe mubigizemo uruhare”.

Igishushanyo mbonera cy'isoko rya Rusumo.
Igishushanyo mbonera cy’isoko rya Rusumo.

Abamaze kugura imigabane muri iryo soko ni 35 umugabane umwe ukaba ufite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 500.

Servilien Mutuyimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

iri soko rije rikinewe muri kariya gace bityo iybakwa ryaryo ryihutishwe

jerome yanditse ku itariki ya: 27-04-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka