Nyamasheke: Yubatse inzu ivurirwamo abana yibuka uwe waguye mu Rwanda

Dr Jeef Crandall, umuganga w’Umunyamerika yubakiye ibitaro bya Kibogora inzu igezweho ivurirwamo abana, yibuka umwana we waguye mu Rwanda ubwo yari umuganga ku bitaro bya Kibogora.

Iyi nzu ni iya kabiri yubatswe n’uyu Munyamerika kuko iyo yari yubatse mu myaka y’1980 ubwo umwana we yapfaga yari imaze gusaza.

Dr Nsabimana Damien uyobora ibitaro bya Kibogora avuga ko iyi nzu yaje gukemura ibibazo bishobora kuvuka mu buvuzi bw’abana, cyane ko muri iki gihe ubuvuzi bw’abana bwitaweho mu nzego zose kandi ari bo baba bataragira ubwirinzi bukomeye mu mubiri wabo.

Ibi bitaro by'abana byubatswe nk'urwibutso rw'umwana wa Jeef Crandall.
Ibi bitaro by’abana byubatswe nk’urwibutso rw’umwana wa Jeef Crandall.

Agira ati “Abana bazavurirwa aha ntibazongera kurarana ku gitanda ku buryo byatera isuku nke, kubakurikirana bizoroha, nta bwiherero iyo twari dusanganywe yagiraga mo imbere, twizeye isuku ihagije ariko kandi iyi nzu yazanye n’ibikoresho bishya kandi bigezweho mu buvuzi bw’abana”.

Ingabire Ruth, umubyeyi wari waje kuvuza umwana we muri ibi bitaro avuga ko bishimira kuvurirwa mu bitaro byo mu rwego rwo hejuru bakabona ibyo bakeneye byose n’ubwo bibona nk’abakene, agasaba ko mu gukomeza kubaka hashakwa n’aho abana bashobora gufungurira bikaba byose bikemutse.

Ababyeyi bishimira ko abana bagenewe ahantu heza.
Ababyeyi bishimira ko abana bagenewe ahantu heza.

Agira ati “Turishimira ko turi ahantu twisanzuye murabona ko ari hashya kandi hari ibikoresho byose batwakira neza, nta kibazo cy’isuku [nke] kiharangwa. Turizera ko n’aho abana bashobora gufungurira nihaboneka bizaba byose bikemutse”.

Ibi bitaro nibimara kuzura neza (kuko hari imirimo igikorwa) hamwe n’ibikoresho bizaba bitwaye amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 210, ikagira ubushobozi bwo kwakira abana 70.

Ibice by'ibi bitaro by'abana byitiriwe ahantu nyaburanga ho mu Rwanda.
Ibice by’ibi bitaro by’abana byitiriwe ahantu nyaburanga ho mu Rwanda.

Umugwaneza Jean Claude

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Uyu muzungu Imana imuhe umugusha ku bw’iki gikorwa yakoreye abana b’abanyarwanda muri rusange ndetse n’abazakoresha iriya nzu yubatse i Kibogora.
Ni ukubwira Aumonier w’ibitaro buri murwaza w’umwana uzaharwarira kujya amusabira umugisha.

Niyonkuru Mathieu yanditse ku itariki ya: 28-04-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka