Karongi: Pasiteri afunze akekwaho gutanga ruswa

Rev. Pasteur Musabyimana Zabulon afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rubengera akekwaho gutanga ruswa.

Rev Past Musabyimana yatawe muri yombi ku wa kane tariki ya 23 Mata 2015, mu Kagari ka Gisanze mu Murenge wa Rubengera ho mu Karere ka Karongi, agerageza guha ruswa umupolisi ushinzwe umutekano wo mu muhanda wari umufatiye mu makosa.

Rev. Pst. Musabyimana ukekwaho gutanga ruswa.
Rev. Pst. Musabyimana ukekwaho gutanga ruswa.

Hari ahagana mu ma saa tatu za mugitondo ubwo Musabyimana Zabulon, pasiteri kuri paruwasi ya Nyagatovu mu itorero Peresibiteriyeni mu Rwanda iri mu Murenge wa Rubengera akanaba umuyobozi wungirije wa Presbytery ya Rubengera, yafatwaga atwaye umukirisitu muri moto nta kasike uwo mukirisitu yambaye, polisi imuhagaritse agerageza gusaba imbabazi abonye ko byanze abaha amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bitanu ngo abaguriye fanta kugira ngo bamurekure bahita bamuta muri yombi.

Musabyimana we avuga ko atari ruswa yari atanze ahubwo ko yabaguriraga Fanta.

Ati “Rwose nk’umukirisitu sinatanga ruswa. Polisi yamfashe mpetse umukirisitu wanjye bambwira ikosa nsaba imbabazi mbagurira Fanta yo kunywa”.

Mbarushimana Aimable

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 8 )

Fanta suko bauigura pasiteri we. kandi ibyo wakoze ndinkawe nabyemera ahasigaye nkasaba imbanazi ku bapolisi ndetse no ku Mana ahasigaye ngategereza igihano bazampa.

Ndugu yanditse ku itariki ya: 27-04-2015  →  Musubize

BIRIYA PASTEUR YAKOZE BYEREKANA KO UMWIJIMA (IBYAHA) WARENZE IGIPIMO.ABITIRIRWA UMURIMO W’IMANA MUBANZE MUKIZWE BY’UKURI.MWUMVE IBYO MVUGA NDI KU RUHIMBI NTIMUREBE IBYO NKORA AHANDI TURABIRAMBIWE,IMANA NITABARE ITORERO.

IJAMBO RY’UKURI yanditse ku itariki ya: 25-04-2015  →  Musubize

Irubengera hadutse intare y’ingore igiye kumarira abantu ku icumu. Mube maso kandi mwirinde ndetse musenge kuko ibihe bikomeye. Imana niyo yo gutabara

ALIAS FINA yanditse ku itariki ya: 24-04-2015  →  Musubize

Ariko ibibyo biratuyobrye. Imana nibe ariyo yo kurengera Itorero ryayo.

ALIAS FINA yanditse ku itariki ya: 24-04-2015  →  Musubize

Ubuse aha ni mu muhanda? Uwo yari ahetse ni nde? Police yabyitwayemo gute? Ko mutagaragaza uwo yari atwaye uruhare rwe? Ntawe utareba ibyo ari byo. Iri torero ricyemure ibibazo muri Rubengera. Tuziko ryigisha neza abayoboke baryo, ryubahiriza gahunda y’igihugu. Rero uyu Pastor akurikiranwe mu bushishozi bwinshi.

boss yanditse ku itariki ya: 23-04-2015  →  Musubize

Mana ikunda EPR Rubengera ,duhaze igisuzuguriro tabara umurimo wawe!inkubiri y’amatiku ntirarangira , none ngo na ruswa bamwe mu bayobozi bayo ijemo? abazi Imana yabo nibajye ku mavi , batitaye ku bivugwa muri iyi minsi baririre umurimo wayo . Twarasesewe pe !

TABARA yanditse ku itariki ya: 23-04-2015  →  Musubize

Ariko bayobozi b’Itorero mwatabaye Rubengera amazi atararenga inkombe. Ubugome buyuzuyemo ntago arubwo gukinishwa, hari nigihe muzabona umuntu yagambaniye undi muze gushyingura. egoooo! Bantu mwuzuyumwuka w’imana nimusengere Rubengera mufata niburiminsi irindwi kandi Imana izabaha umugisha. Cyane cyane musengere abayobozi bayo. Nizeye ko imuruza yange muyumvishe kandi muzayitabira ABO BIREBA MWESE

ALIAS FINA yanditse ku itariki ya: 23-04-2015  →  Musubize

Ariko bayobozi b’Itorero mwatabaye Rubengera amazi atararenga inkombe. Ubugome buyuzuyemo ntago arubwo gukinishwa, hari nigihe muzabona umuntu yagambaniye undi muze gushyingura. egoooo! Bantu mwuzuyumwuka w’imana nimusengere Rubengera mufata niburiminsi irindwi kandi Imana izabaha umugisha. Cyane cyane musengere abayobozi bayo. Nizeye ko imuruza yange muyumvishe kandi muzayitabira ABO BIREBA MWESE

ALIAS FINA yanditse ku itariki ya: 23-04-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka