U Butaliyani: Ishuri rya Istituto Leopardi ryibutse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Ishuri ryisumbuye rya Istituto Leopardi riherereye mu mujyi wa Milan mu Butaliyani, ryibutse Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Igikorwa kibaye ku nshuro ya kabiri nyuma y’uko ubuyobozi bwiyemeje kujya bwibuka iyo Jenoside buri mwaka.

Uyu muhango wabaye kuwa kane tariki 16/4/2015, wamaze kujya muri gahunda ngarukamwaka y’iki kigo bitewe na Habimana Jean Paul umwe mu bacitse ku icumu muri Jenoside uhigisha wasabye ko mu kwezi kwa kane hajya haba umunsi wo kwibuka, igitekerezo cyakirwa neza n’ubuyobozi bw’ikigo.

(Uhereye i bumoso Gaddo Flego umuganga wari mu Rwanda mu gihe cya jenoside, Beata Uwase watanze ubuhamya , Padiri Luc Bucyana wasobanuye amateka yatumye mu Rwanda haba Jenoside yakorewe abatutsi anasobanura uburyo ubu u Rwanda ari intangarugero mu kwiyubaka, Paolo Sormani, umutaliyani urera impfubyi ebyiri za Jenoside yavuze ko buri gihe uko agiye mu Rwanda, atangazwa n'isuku irangwa ahantu hose n'uburyo Abanyarwanda babanye mu mahoro.
(Uhereye i bumoso Gaddo Flego umuganga wari mu Rwanda mu gihe cya jenoside, Beata Uwase watanze ubuhamya , Padiri Luc Bucyana wasobanuye amateka yatumye mu Rwanda haba Jenoside yakorewe abatutsi anasobanura uburyo ubu u Rwanda ari intangarugero mu kwiyubaka, Paolo Sormani, umutaliyani urera impfubyi ebyiri za Jenoside yavuze ko buri gihe uko agiye mu Rwanda, atangazwa n’isuku irangwa ahantu hose n’uburyo Abanyarwanda babanye mu mahoro.

Hafashwe icyemezo ko buri mwaka hazajya habaho umunsi wo kwibuka, hagatumirwa Abanyarwanda kugira ngo abanyeshuri barusheho gusobanukirwa.

Mu ijambo rye, umuyobozi w’iki kigo yagize ati “Twifatanije n’Abanyarwanda bose muri iki gihe gikomeye, kandi turabashimira kuba mwemeye kuza gusobanurira abanyeshuri amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.”

Ubuyobozi bw'iki kigo bwiyemeje kujya bwibuka buri mwaka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’iki kigo bwiyemeje kujya bwibuka buri mwaka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abanyarwanda n’inshuti zabo bari bari bitabiriye iki gikorwa, bashimiye iki kigo kubera icyubahiro bakomeje guha abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Bafashe n’umwanya wo gusobanurira abanyeshuri ko n’ubwo Jenoside yasigiye Abanyarwanda ibibazo byinshi, ubu hari intambwe iri guterwa mu burezi, mu bukungu no mu bumwe n’ubwiyunge mu Rwanda.

Bamwe mu Banyarwanda n'inshuti z'u Rwanda bari bitabiriye iki gikorwa.
Bamwe mu Banyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bari bitabiriye iki gikorwa.

Nyuma y’ibiganiro bitandukanye harimo n’ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyeshuri bahawe umwanya babaza ibibazo banatanga ibitekerezo bitandukanye.

Kigali Today

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Ni byiza ko abarokotse aho bari hose bibuka abacu.

Pacifique yanditse ku itariki ya: 19-04-2015  →  Musubize

Bibere isomo amahanga yose!

Mahoro yanditse ku itariki ya: 19-04-2015  →  Musubize

Abacu bose tuzahora tubibuka kandi thrashimira abavandimwe Bo mu butaliyani babwira isi yose amahano urwanda rwaguyemo arenze urugero.turagushimiye Jean Paul kubwigitekerezo Liza.

Nzeyimana Vincent yanditse ku itariki ya: 19-04-2015  →  Musubize

Iki gikorwa iki kigo cyo mu Butaliyani cyiyemeje cyagombye kubera Isi yose impamvu yo guha icyubahiro abazize jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.

Mahoro yanditse ku itariki ya: 18-04-2015  →  Musubize

dukomeze kwibuca abatutsi bishwe muri jenoside tubaha icyubahiro bakwiye

betty yanditse ku itariki ya: 18-04-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka