YFC/Rwanda ngo ni umugisha yagize wo kwakira umukuru w’igihugu kuri uyu gatandatu

Ubuyobozi bw’Umuryango w’Ivugabutumwa Youth for Christ Rwanda (YFC), ufite ishuri rya Kigali Christian School, butangaza ko bwagize umugisha wo kwakira umukuru w’igihugu, Paul Kagame, wagiranye ibiganiro n’abaturage nyuma y’umuganda wo kuri uyu wa gatandatu tariki 28/3/2014.

Kuri uyu wa gatandatu Umukuru w’igihugu yakoreye umuganda mu murenge wa Kimironko mu kagali ka Kibagabaga mu karere ka Gasabo, aho nyuma yagiranye ibiganiro n’abaturage bahatuye ndetse n’abatuye mu nkengero zaho.

Abana biga muri iri shuri bari bishimye bacinya akadiho nyuma yo kumva ubutumwa Perezida Kagame yabageneye.
Abana biga muri iri shuri bari bishimye bacinya akadiho nyuma yo kumva ubutumwa Perezida Kagame yabageneye.

Mu biganiro yagiranye n’abaturage, Perezida Kagame yabibukije kurangwa n’indangagaciro zo kutarangwa n’ibibazo ahubwo bagashaka ibisubizo aho gutakira abandi, ubutumwa bwakoze ku mutima w’ubuyobozi bw’iri shuri ryanakiriye ibiganiro byabereye ku kibuga cy’umupira waryo.

Jean Baptiste Mugarura, umuyobozi wa YFC, yatangaje ko kwakira umukuru w’igihugu n’abaturage basaga ibihumbi 10 ari umugisha kuri bo, kubera ko abanyeshuri bo kuri iki kigo babashije kwibonera n’amaso yabo umuyobozi w’igihugu bakumva n’ubutumwa bwe.

Perezida Kagame yahaye abaturage ubutumwa bwo gukora bivuye inyuma kugira ngo bazagire ejo heza.
Perezida Kagame yahaye abaturage ubutumwa bwo gukora bivuye inyuma kugira ngo bazagire ejo heza.

Yagize ati “Ikindi ni uko nk’ubuyobozi bw’ishuri twagize amahirwe y’uko abanyeshuri bacu biyumviye indangagaciro tubigisha ariko noneho bazibwiwe n’umukuru w’igihugu, ibintu bifite agaciro gakomeye.”

Umuyobozi w’iri shuri atangaza ko banagize amahirwe yo gukorerwa umuhanda ugana ku mashuri makuru, kuko wari utameze neza. Ishuri rya KCS ryahawe igihembo cyo kuba ishuri ry’indashyikirwa mu 2014.

Uyu muganda wabereye muri uyu mudugudu ufitiye akamaro iri shuri kuko hakozwe umuhanda abanyeshuri bakoresha, nk’uko Mugarura yakomeje abitangaza.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

nukuri nibyiz

Lambert mugisha yanditse ku itariki ya: 22-08-2019  →  Musubize

Ibi nibyiza Kandi Imana Ishimwe aho igihugu cyacu kigeze.

Luc yanditse ku itariki ya: 28-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka