Rusizi: Ngo ishusho basanganye u Rwanda itandukanye n’iyo barusiganye

Bamwe mu banyarwanda batuye muri Zambia bari rugendo rwa “Ngwino urebe ugende ubwire abandi” mu Rwanda baravuga ko ishusho basanganye u Rwanda itandukanye n’uko barusize batarahunga haba mu bikorwa remezo birimo amashuri, imihanda, amazu y’amagorofa, amavuriro, amasoko n’ibindi.

Egide Kazuba Rwasibo, ni umwe muri aba banyarwanda babiri ukomoka mu Karere ka Rusizi umaze imyaka 20 muri Zambia, ubu afite imyaka 45.

Umuyobozi wa Gereza ya Rusizi asobanurira abavuye muri Zambia umudendezo u Rwanda rufite.
Umuyobozi wa Gereza ya Rusizi asobanurira abavuye muri Zambia umudendezo u Rwanda rufite.

Avuga ko yashimishijwe n’uko igihugu cye cyateye imbere ku kigero cyiza kandi mu gihe gito ruvuye muri Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, aho ibikorwa byishi byari byarasenyutse ariko kuba byarasanywe hakongerwamo n’ibindi ngo ari ibyo kwishimirwa na buri wese.

Kazuba avuga ko ashima iyi gahunda ya “Ngwino urebe ugende ubwire abandi” u Rwanda rwashyizeho kuko ibafasha kugaruka bakareba iby’iwabo bityo bakavuga amakuru biboneye ubwabo atari ibihuha bahura nabyo, aha akaba asaba ko iyi gahunda yazagumaho kugira ngo ibafashe gufata ingamba zatuma ukeneye gutahuka aza yemye.

Umunyamakuru wa Kigali Today yifuje kumenya icyo Kazuba azabwira bagenzi be yasize muri Zambia ku bijyanye n’ibyo y’iboneye bitandukanye n’ibyo yumvaga by’ibihuha, maze asubiza agira ati “Ibyo sinabikubwira ni akabaga kanjye mbabikiye, icyakora nzababwiza ukuri ku byo nabonye kuko sinzabeshya ko nabonye imihanda y’ibitaka kandi nabonye kaburimbo”.

Abanyarwanda bavuye muri Zambia basuye ababo bafungiye muri Gereza ya Rusizi.
Abanyarwanda bavuye muri Zambia basuye ababo bafungiye muri Gereza ya Rusizi.

Nzeyimana Pierre uvuka mu Karere ka Nyamagabe avuga ko aho yabashije kugera yabonye igihugu kimeze neza mu bikorwa byose, aha akaba avuga ko uwashaka gutahuka nta mbogamizi yagira kuko yasanze u Rwanda ruha buri wese uburenganzira busesuye.

Ubwo aba banyarwanda bageraga muri aka karere basuye na bagenzi babo bafungiye muri gereza ya Rusizi bahabwa umwanya wo kuganira nabo, ibyo ngo bikaba bigaragaza ubwisanzure n’uburenganzira bwa muntu.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka