Rayon Sports yasezerewe APR FC igera ku mukino wanyuma w’irushanwa rya Prudence

Amakipe ya APR FC na Police ni yo azakina umukino wanyuma w’irushanwa ryitiriwe Prudence nyuma yo gusezerera As Kigali na Rayon Sports yahuraga na yo kuri uyu wa gatandatu.

Kuri stade ya Kigali, ikipe ya Rayon Sports yashakaga intsinzi yayo ya mbere mu mikino icyenda iheruka gukina, yari yakiriye Police FC bamaze guhura mu mikino itatu muri uyu mwaka wa shampiyona.

Rayon Sports yongeye kubura intsinzi ubugira icyenda yikurikiranya
Rayon Sports yongeye kubura intsinzi ubugira icyenda yikurikiranya
Police FC yatsinze imikino ibiri inganye umwe muri itatu iheruka gukina na Rayon Sports
Police FC yatsinze imikino ibiri inganye umwe muri itatu iheruka gukina na Rayon Sports
Mutombo Junior, umusore mushya Rayon Sports yazanye, yatangiye ku gatebe k'abasimbura
Mutombo Junior, umusore mushya Rayon Sports yazanye, yatangiye ku gatebe k’abasimbura
Hafashwe umunota wo kwibuka umufana wa Rayon Sports witabye Imana
Hafashwe umunota wo kwibuka umufana wa Rayon Sports witabye Imana

Ikipe ya Cassa Mbungo Andre ariko ni yo yatangiye isatira izamu rya Rayon Sports, aho kugeza ku munota wa karindwi yari imaze kubona amahirwe abiri yo gutsinda igitego, aho umupira wa Jacques Tuyisenge wakubitaga umutambiko w’izamu mu gihe amahirwe umunyezamu wa Rayon Sports yashoboraga kugarura neza umupira wa Bakame.

Rayon Sports ni yo yaje guhagurutsa abafana bari i Nyamirambo ubwo ku munota wa 15 Imanishimwe Emamanuel yatsindaga igitego ku mupira wari uvuye muri Corner maze abafana ba Gikundiro nkuko bayita batangira gutekereza ko ibihe bibi bari bamazemo iminsi bigeze ku iherezo.

Ikipe ya Police ariko ntiyaje gucibwa intege n’iki gitego, kuko yakomeje gushakisha uburyo yakwishyura igitego ndetse iza kubigeraho ku munota wa 32 ubwo Jacques Tuyisnge yatsindaga penaliti yari inamaze kumukorerwaho, bityo igice cya mbere kikarangira amakipe anganya 1-1.

Imanishimwe Emmanuel yari yagoye Mpozembizi Mouhamed wakinaga ku ruhande rw'inyuma rw'iburyo rwa Police biza no kumuviramo gusimbuzwa
Imanishimwe Emmanuel yari yagoye Mpozembizi Mouhamed wakinaga ku ruhande rw’inyuma rw’iburyo rwa Police biza no kumuviramo gusimbuzwa
Imanishimwe Emmanuel yari yagoye Mpozembizi Mouhamed wakinaga ku ruhande rw'inyuma rw'iburyo rwa Police biza no kumuviramo gusimbuzwa
Imanishimwe Emmanuel yari yagoye Mpozembizi Mouhamed wakinaga ku ruhande rw’inyuma rw’iburyo rwa Police biza no kumuviramo gusimbuzwa
Biza kurangira uyu musore anatsinze igitego
Biza kurangira uyu musore anatsinze igitego
Abakinnyi ba Rayon Sports bamufashije kwishima
Abakinnyi ba Rayon Sports bamufashije kwishima
Bidatinze Jacues yishyura iki gitego kuri penaliti
Bidatinze Jacues yishyura iki gitego kuri penaliti
Nka Afande!
Nka Afande!
Abafana ba Rayon Sports bakomeje kwibaza icyo bazira
Abafana ba Rayon Sports bakomeje kwibaza icyo bazira
Cyane ko na Muthombo Jr(hagati) bazanye nta tandukaniro yagaragaje uyu munsi
Cyane ko na Muthombo Jr(hagati) bazanye nta tandukaniro yagaragaje uyu munsi

Igice cya kabiri kihariwe n’ikipe ya Rayon Sports ariko nkuko bimaze kumenyerwa kuri iyi kipe y’i Nyanza, kubyaza umusaruro amahirwe babona birabananira, byatumye umukino urangira ari icyo gitego 1-1 ari nako hiyambazwa penaliti.

Tuyisenge Jacques, Ngirinshuti Mwemere, Uwimana Jean D’Amour, Gaby, Hertier, Rashid na Innocent binjije penaliti zabo ku ruhande rwa Police naho Turatsinze Hertier arayihusha. Ku rundi ruhande, Robert Ndatimana, Fuade, Djihad, Bakame naTubane James binjije iza Rayon Sports ariko Lomami Frank na Emmanuel Imanishimwe bahusha izabo byatumye Police itahukana intsinzi ya penaliti 6-5.

Penaliti zatewe
Penaliti zatewe
Ziraterwa...
Ziraterwa...
Abanyezamu barwana nazo
Abanyezamu barwana nazo
Bigeraho baraziterera na bo
Bigeraho baraziterera na bo
Kugeza kuri iyi Emmanuel yakubise umutambiko w'izamu
Kugeza kuri iyi Emmanuel yakubise umutambiko w’izamu

Ikipe ya Police FC ikahura ku mukino wanyuma na APR FC yo yatsinze As Kigali 2-0 ibifashijwemo na Ndahinduka Michel Bugesera ndetse na Emery Bayisenge. Uyu mukino wanyuma uzabanzirizwa n’uwo guhatana umwanya wa gatatu uzahuza As Kigali na Rayon Sports, imikino yombi ikazabera kuri stade Amahoro.

As Kigali yabanje mu kibuga
As Kigali yabanje mu kibuga
APR FC yari yaruhukije abakinnyi benshi
APR FC yari yaruhukije abakinnyi benshi
Bugesera yongeye kubona inshundura
Bugesera yongeye kubona inshundura
Byari ibyishimo kuri Emery nyuma yo gutsinda igitego
Byari ibyishimo kuri Emery nyuma yo gutsinda igitego
Abafana babyifuzaga bahabwaga udukingirizo
Abafana babyifuzaga bahabwaga udukingirizo
Fair Play!
Fair Play!

Jah d’eau DUKUZE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Mutombo ni uriya ufite ibipfukamizo nk’ibya Mutamu yo mu cyi n’imitsi wagirango ni imirya y’inanga?arasa n’agasashi batwaramo amamesa!

Jado yanditse ku itariki ya: 31-01-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka