Nyamagabe: Abavuzi gakondo barasabwa kuzuzanya n’aba kizungu mu kurwanya imfu z’abantu

Abavuzi gakondo bagiriwe inama no gukorana mu bwuzuzanye n’abavuzi ba kizungu, kugira ngo harwanywe imfu z’abantu bapfira mu ngo n’abapfa bagejejwe kwa muganga bitewe n’imiti ya Kinyarwanda baba bafashe.

Mu rwego rwo kugabanya imfu z’abantu ziganjemo abarwayi b’igituntu, malaria na SIDA, n’abagore batwite, Ikigo nderabuzima cya Kibilizi, kuri uyu wa 16 Mutarama 2015, mu nama yitabiriwe n’abavuzi gakondo, umuyobozi ugihagarariye yasabyeko habaho gukorana kugira ngo hatabarwe umubare w’abantu benshi bapfa bazira ubuvuzi gakondo.

Abavuzi ba gakondo biyemeje guhindura imikorere bagahinyuza ababita abarozi.
Abavuzi ba gakondo biyemeje guhindura imikorere bagahinyuza ababita abarozi.

Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Kibilizi, Marie Leonne Uwizera yagize ati “Hari indwara zimwe na zimwe bita ngo baravura, umurwayi uzifite akarinda yapfa, twaritugamije kubaganiriza ku bijyanye n’igituntu, malariya na SIDA, twongeye kubibutsa kutabeshya abaturage bakohereza abarwayi babagana ku ivuriro.”

Abavuzi gakondo bakaba bishimiye impanuro bahawe ko nabo icyo bagamije aruko izina ryabo ritanduzwa, abantu bakareka kubita abarozi bagatanga ubuvuzi bw’ibanze kandi bafatanya n’abavuzi ba kizungu.

Uhagarariye abavuzi gakondo mu karere ka Nyamagabe, Come Musabyimana yagize ati “Ubu tugiye kunoza imikorere y’ibyo twakoraga ntabwo twebwe turi abarozi ahubwo turi abavuzi gakondo, tubereyeho kugira ngo tuvuguze ba barozi, ibyo bakoraga kuko biratwitirwa.”

Abavuzi gakondo bakaba bakeneye ko ubuvuzi bwabo bujya ahagaragara, kugira ngo ubuvuzi gakondo butazasibangana bugafasha abanyarwanda ndetse bukagera no ku rwego mpuzamahanga.

Caissy Christine Nakure

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka