Dig Dog avuga ko ari we muraperi wa mbere mu Rwanda

Umuhanzi uririmba mu njyana ya Hip hop, Niyonkuru Albert uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Dig Dog, avuga ko ari we muraperi wa mbere kugeza ubu mu Rwanda.

Ni nyuma yo kwegukana irushanwa ry’abahanzi bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke rwiswe Kinyaga Award.

Dig Dog avuga ko amaze kugera ku rwego rukomeye mu buhanzi bwe byatumye amaze kwigarurira imitima ya benshi mu baturage ba Nyamasheke na Rusizi, ndetse akaba atangiye kwamamara mu Rwanda rwose kubera u buhanga n’umurava agaragaza mu miririmbire ijyana akenshi n’imibyinire itangaje.

Umuraperi Did Dog avuga ko amazina ya Jay Polly na P-Fla yibagirana vuba.
Umuraperi Did Dog avuga ko amazina ya Jay Polly na P-Fla yibagirana vuba.

Dig Dog avuga ko yakuze yumva umuhanzi witwa P-Fla akanamukunda cyane, gusa ngo asigaye amubona nk’umwana muto cyane ugereranyije n’urwego amaze kugeraho muri iyi minsi.

Agira ati “ndabizi ko Jay Polly afite ubwoba na P-Fla, uko bimeze kose bari kumva ibyo ndi kugeraho, amazina yabo aribagirana mu minsi ya vuba, siniyita umuraperi w’igitangaza, ahubwo ndavuga ko umuraperi yavutse mu Rwanda”.

Dig Dog avuga ko ibintu byose bigenda buhoro buhoro kugira ngo umuntu agere ku ntego, kandi ibyo yerekanye ubwo yatwaraga kinyaga award ari intangiriro y’urugendo rugana i Kigali mu kwita izina umuraperi mushya, utandukanye n’abo babonye cyangwa bumva.

Nyuma yo gutwara Kinyaga Award, Dig Dod ari gukora ibitaramo bitandukanye mu turere twa Rusizi na Nyamasheke, mu mpera z’iki cyumweru akaba yari muri Eagle mu Gisakura.

Umugwaneza Jean Claude

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

the name is funny itself, comedians are always there.

luke yanditse ku itariki ya: 5-01-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka