INAMA Y’IGIHUGU Y’UMUSHYIKIRANO 2014

National Dialogue
COMMON VISION, NEW MOMENTUM | ICYEREKEZO KIMWE, TWONGERE IMBARAGA
Irembo Amafoto Micro Trottoir KT Radio Kigali Today

Umushyikirano wasabye ko Umwimerere w’u Rwanda wakomeza gushingirwaho mu kuruteza imbere

Yanditswe ku itariki ya: 18-12-2014 - Saa: 21:20'
Ibitekerezo ( )

Ibitekerezo n’ibiganiro byatanzwe mu nama y’umushyikirano yatangiye kuri uyu wa kane tariki 18/12/2014, byasabaga ko u Rwanda rwakomeza umwimerere warwo mu kwishakira ibisubizo; muri wo harimo n’inama z’umushyikirano ubwazo ngo zitagomba kuba ku rwego rw’igihugu gusa, ahubwo zanagera ku rwego rw’umuryango.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; Umuhuzabikorwa w’ishami rya Loni rishinzwe gukurikirana ubukungu bw’Afurika (UNECA), Dr Carlos Lopes, Ministiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Oda Gasinzigwa, uw’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo, Prof Shyaka Anastase uyubora Urwego ruhinzwe imiyoborere(RGB); ni bamwe mu batinze ku kamaro k’ibisubizo u Rwanda rukomeje kwishakamo.

Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye Umushyikirano.
Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye Umushyikirano.

Perezida Kagame yatangije inama agira ati: “Umushyikirano nk’umwihariko w’imiyoborere y’igihugu cyacu, uraha abantu uburengenzira bwo kuvuga icyo batekereza nk’uko biri no mu Itegeko nshinga, ukaduha kubahiriza ubumwe, gushaka ibisubizo, kuzuzanya kw’Abanyarwanda,…nk’uko bareshya bose[imbere y’amategeko]”.

Mu bigomba kwitabwaho, Perezida Kagame yibanze cyane ku kwagura isoko ry’imari n’imigabane no guteza imbere umuco wo kuzigama, ubumenyingiro, kubaka ibikorwaremezo, guhanga imirimo myinshi ishoboka, inama mpuzamahanga nyinshi mu Rwanda, gukomeza guteza imbere ikoranabuhanga, guha amahirwe abikorera, kongera ingufu, kunoza servisi, ubufatanye n’ibindi bihugu ndetse no gukaza ingamba z’umutekano.

Ati: “Ntitwakwemera ko Abanyarwanda bakomeza gutakariza ubizima bwabo mu mpanuka kuko atari ubwo gukinisha; nta n’ubwo bagomba gucuruzwa nk’ibintu; ibi bikwiye guhagarara, n’ubwo n’abacuruzwa ubwabo babifitemo uruhare, kuko ntibyumvikana ukuntu umuntu w’imyaka 20 acuruzwa”.

Inama y'Umushyikirano yayobowe na Perezida Kagame hamwe n'abandi bayobozi bakuru b'igihugu.
Inama y’Umushyikirano yayobowe na Perezida Kagame hamwe n’abandi bayobozi bakuru b’igihugu.

Umuyobozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubukungu bw’Afurika (UNECA), Dr Carlos Lopes watanze ikiganiro kigira kiti “Uruhare rw’ubusabane hagati y’abayobora n’abayoborwa mu iterambere ry’igihugu”, yavuze ko umwimerere w’u Rwanda harimo Umushyikirano, kwigira, umuganda, abunzi n’izindi gahunda; ari amahirwe akomeye yakongerwa ku kwigira ku bindi bihugu.

Ibihugu Dr Lopes yatanzeho ingero ni igihugu cya Finland ngo cyateje imbere inganda (iwabo w’uruganda rwa telefone za Nokia), kiva ku gushingira ku buhinzi gusa, giteza imbere uburezi, kikaba ngo cyararetse gushingira umutungo kamere ku biti ahubwo cyita ku ikoreshwa ry’imashini ndetse n’ikoranabuhanga.

Abayobozi mu nzego zitandukanye bitabiriye Umushyikirano.
Abayobozi mu nzego zitandukanye bitabiriye Umushyikirano.

Yavuze kandi ko igihugu cya Singapore nacyo ari urundi rugero rw’ibihugu byatereranywe (cyavanywe kuri Malaysia) kitagira umutungo kamere; Uruguay nacyo ngo ni igihugu cyateje imbere ishoramari ry’ibyoherezwa hanze, Ethiopia nayo idakora ku nyanja; byose ngo bikaba byaha u Rwanda uregero rwo kugera kure cyane mu iterambere, rubyigiyeho rukanateza imbere umwimerere warwo.

Prof Shyaka Anastase (Umuyobozi wa RGB), yasobanuye mu kiganiro yatanze, ko umwimerere w’u Rwanda ari wo urugejeje ku kuba umusaruro buri Munyarwanda yinjiza (impuzandengo) ku mwaka warikubye inshuro zirenga eshatu kuva mu mwaka wa 2000 kugeza ubu, ngo ukaba urenga amadolari y’Amerika 700$.

Ministiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo we yashimangiye agira ati: “Umushyikirano ni ngombwa mu muryango[muto w’abantu]”.

Mbere yuko Umushyikirano utangira babanje gushyiraho morale.
Mbere yuko Umushyikirano utangira babanje gushyiraho morale.

Gacaca, Abunzi, Girinka, Imihigo, Umuganda, Kwigira, Inama y’umushyikirano, Ubudehe, Kuremerana, Umugoroba w’ababyeyi, Ibimina, Gukorera ku cyerekezo, Kwihesha agaciro, Ubwisungane mu kwivuza, Ndi Umunyarwanda, Itorero n’izindi gahunda; ngo biratuma u Rwanda ruba intangarugero mu mahanga, nk’uko benshi babigarutseho.

Bimwe mu byasabwe mu bitekerezo n’ibibazo byatanzwe

Inama ya 12 y’umushyikirano yari ikurikiwe n’abanyarwanda n’inshuti zabo mu gihugu no hanze, hakoreshejwe Televiziyo na Radio by’Igihugu, ku mbuga za internet no ku ikoranabuhanga ry’amashusho rifasha kuganira imbonankubone, aho muri stade Amahoro nto hari urubyiruko rwari muri gahunda ya Youth Connect, mu turere twa Gakenke na Rutsiro nabo bari mu byumba birimo iryo koranabuhanga.

Abatanze ibitekerezo n’ibibazo barimo abasabye ko abanyeshuri batishoboye bahabwa ifunguro rya ku manywa ku mashuri yigisha uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda na 12; kongerera ubushobozi inganda z’icyayi, kunoza uburyo bwo kwandika abana bavuka n’abatagira ababyeyi, ubuyobozi bw’ibanze bukita ku ikemurwa ry’ibibazo aho gutegereza Perezida wa Repubulika, gusaba ababyeyi kwita ku burezi bw’abana babo, ndetse no gukaza amategeko ahana ku bakoresha ibiyobyabwenge.

umwe mu bitabiriye Umushyikirano atanga igitekerezo.
umwe mu bitabiriye Umushyikirano atanga igitekerezo.

Inama y’umushyikirano yitabiriwe n’abanyarwanda barenga 1,000 bateraniye mu ngoro y’Inteko ishinga amategeko, baturutse hirya no hino mu Rwanda no hanze mu bihugu byo ku isi, iratanga imyanzuro mu isozwa ryayo kuri uyu wa gatanu tariki 19 Ukuboza 2014.

Mu myanzuro 26 y’Inama y’umushykirano y’umwaka ushize wa 2013, itatu ngo niyo itaragerwaho neza

Inama y’umushikirano y’umwaka ushize yari yafashe imyanzuro irimo guteza imbere ikigega cy’ingwate BDF, kunoza uburyo bwo gutanga imisoro no kuzigama, kwishyura amashanyarazi, guteza imbere umuganda no kunoza uburyo bwo kwimenyereza umurimo, byose ngo byagezweho ku gipimo kirenga 80% nk’uko Ministiri w’intebe, Anastase Murekezi yabitangaje muri raporo.

Umushyikirano witabiriwe n'abantu benshi kuburyo buzuye Inteko Ishingamategeko.
Umushyikirano witabiriwe n’abantu benshi kuburyo buzuye Inteko Ishingamategeko.

Yakomeje avuga ko ibindi byagezweho kuri icyo kigero, ari uko abanyarwanda ngo bashoboye kuvuguruza abatanga amakuru atari yo ku gihugu, gusakaza gahunda ya Ndi Umunyarwanda, gukurikirana no guhana abanyereza umutungo w’igihugu ndetse no guhembera abarimu ku gihe.

Imyanzuro itatu itararangira ariko nayo ngo izaba yagezweho bitarenze uyu mwaka w’ingengo y’imari 2014/2015, ni ishyirwaho ry’ikigega cy’ikiruhuko cy’ababyeyi, kujyanisha amafaranga ya pansiyo n’igihe hamwe no kunoza gahunda y’ubukorerabushake, nk’uko Ministiri w’intebe yakomeje abisobanura.

Madamu Jeannette Kagame nawe yitabiriye Umushyikirano.
Madamu Jeannette Kagame nawe yitabiriye Umushyikirano.
Abitabiriye Umushyikirano bahawe umwanya wo kubaza ibibazo.
Abitabiriye Umushyikirano bahawe umwanya wo kubaza ibibazo.
Aha abitabiriye Umushyikirano bari bagiye mu kiruhuko.
Aha abitabiriye Umushyikirano bari bagiye mu kiruhuko.
Bishimiye kwitabira Umushyikirano.
Bishimiye kwitabira Umushyikirano.

Simon Kamuzinzi

Andi Makuru - UMUSHYIKIRANO

“Hari akazi gakomeye kadutegereje, kunesha bizava mu kwigira ku mateka y’ubutwari”, Perezida Kagame

Uzagerageza kutubuza kubaho azabona ingaruka - Kagame

Gakenke: Barishimira uburyo bakurikirana Umushyikirano nk’abahibereye

Umutekano ni inshingano itajegajega kuri buri Munyarwanda-Kagame

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo
Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.