Ngoma: Gahunda yo gukundisha abana imyuga yageze ku ntego

Ubuyobozi bw’ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba IPRC-EAST buratangaza ko gahunda yo gukundisha abana umwuga yageze ku ntego zayo.

Ni nyuma y’ukwezi kumwe abana bato biga mu mashuri abanza bo mu Murenge wa Kibungo bigishwa imyuga mu biruhuko hagamijwe kuyibakundisha.

Mu gusoza iyi gahunda yiswe “Space for children” yatangijwe ku mugaragaro kuwa 11/11/2014 igamije gutegura ejo hazaza heza h’abana, abana berekanye ko bahakuye ubumenyi bwinshi mu myuga itandukanye irimo kubaza, gukanika, kubaka, ikoranabuhanga n’ibindi.

Abana berekanye bumwe mu bumeyi mu myuga bigiye muri IPRC mu gihe cy'ukwezi.
Abana berekanye bumwe mu bumeyi mu myuga bigiye muri IPRC mu gihe cy’ukwezi.

Mu byo berekanye kandi harimo ubumenyi ku ndangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda n’ibindi.

Umuyobozi wa IPRC-East Dipl Ing. Euphrem Musonera, avuga ko intego z’iyi gahunda y’urubuga rw’abana zagezweho ku buryo bushimishije.

Yagize ati “Iki gikorwa cyatekerejwe kigamije kumenyekanisha agaciro k’imyuga n’ubumenyingiro ku bana cyane cyane twibanda ku kureba impano bafite ngo tubafashe kuziteza imbere, kandi tubumvishe ko amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro atari amasomo yigwa n’abana bananiwe n’ibindi nk’uko abenshi babitekereza”.

Umuyobozi wa IPRC EAST avuga ko intego yabo yagezweho.
Umuyobozi wa IPRC EAST avuga ko intego yabo yagezweho.

Ikindi Musonera avuga ko cyagezweho ku buryo bushimishije, ku bufatanye n’inzego zibishinzwe, ni ukwigisha abana indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda ndetse no kubamenyesha zimwe muri gahunda z’igihugu ku rugero rwabo.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise we avuga ko iyi gahunda y’urubuga rw’abana mu biruhuko ari urugamba rwiza IPRC East yatangiye rwo gutuma abana biga cyane cyane bagana ku bumenyingiro aho umwana ashobora kurangiza ibyo yize bitari indondore (theorie) ahubwo ashobora kubishyira mu bikorwa.

Aba bana banigishijwe indangagaciro na Kirazira by'umuco nyarwanda.
Aba bana banigishijwe indangagaciro na Kirazira by’umuco nyarwanda.

Bamwe mu babyeyi bari bitabiriye isozwa ry’iyi gahunda bavuze ko batangajwe n’ubumenyi aba bana bahakuye mu mwuga, banavuga ko ikibashimishije kurushaho ari indangagaciro bigishijwe zituma bazaharanira icyiza ikibi bakacyamagana mu buzima bwabo nk’uko babitojwe muri iyi gahunda.

Iyi gahunda yitabiriwe n’abana 87 baturuka ku bigo bitandukanye by’amashuri abanza bari mu biruhukobanahawe impamyabumenyi, ikazasubukurwa mu biruhuko birebire by’umwaka utaha.

Jean Claude Gakwaya

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka