Huye: Rotary Club yahaye CHUB inkunga y’ibikoresho byifashishwa mu buvuzi

Binyujijwe kuri Rotary Club ya Butare, Ibitaro bya Kaminuza by’i Helsinki mu gihugu cya Finland, hamwe na Rotary Club y’i Helsinki City West, bageneye ibikoresho ibitaro bikuru bya Kaminuza by’i Butare (CHUB).

Ibyo bikoresho bashyikirije CHUB tariki ya 14/10/2014, byiganjemo ibyifashishwa mu serivisi yo kubaga, ariko ngo harimo n’ibindi byifashishwa mu yandi maserivisi yo kwa muganga, urugero nka serivisi ivura indwara zo mu muhogo, mu mazuru no mu matwi (ORL), ndetse na serivisi ivura abagore (gynécologie).

Dr. Augustin Sendegeya, umuyobozi mukuru w’agateganyo wa CHUB, agaragaza bimwe muri ibyo bikoresho yagize ati «harimo amatara agera kuri ane twifashisha mu byumba byo kubagiramo. Harimo icyuma gifasha guteka ibyuma bindi tuba twakoresheje. Hari ikindi cyuma bazanye gifasha kubaga mu nda udafunguye».

Aya matara bahawe yifashishwa mu byumba babagiramo abarwayi.
Aya matara bahawe yifashishwa mu byumba babagiramo abarwayi.

Yunzemo ati « icyo cyuma cyo kubaga mu nda udafunguye kizadufasha cyane mu byerekeranye no kuvura abarwayi, kuko iyo ukoresheje ubwo buhanga bituma n’umurwayi adatinda mu bitaro. Kutuzanira ibi bikoresho rero ni igikorwa cyiza ».

Ibi bikoresho bizatuma batagura ibindi nka byo

Dr. Augustin Sendegeya, avuga ko ibi bikoresho n’ubundi bari babikeneye kuko ngo n’iyo batabihabwa bari kuzabigura.

Ati « ni ibikoresho n’ubundi dukeneye. N’iyo tutabibona muri ubu buryo twari kuzabigura. Kuba tubibonye bizadufasha ko amafaranga twari kuzabigura tuyakoresha mu kugura ibindi bikoresho na byo dukeneye ».

Iki cyuma cyifashishwa mu gusukura ibindi bikoreshwa kwa muganga.
Iki cyuma cyifashishwa mu gusukura ibindi bikoreshwa kwa muganga.

Muri rusange, ibi bikoresho byashyikirijwe ibitaro bya CHUB ngo bifite agaciro k’ibihumbi 240 by’amayero (ni ukuvuga miliyoni zisaga 210 z’amafaranga y’u Rwanda). Mu mwaka wa 2012 na bwo, Rotary Club yari yazaniye ibi bitaro ibikoresho byo kwifashisha mu buvuzi byari bifite agaciro k’ibihumbi 820 by’amayero (miliyoni zisaga 720 z’amanyarwanda).

Umuyobozi wa Rotary Club Butare, Eustache Rutiyomba, avuga ko Rotary Club idafasha mu bijyanye n’ubuvuzi gusa ahubwo inatanga inkunga mu bijyanye n’uburezi ndetse n’isuku n’isukura. Intego yabo ngo ni « gufasha mbere ya byose ».

Umuyobozi wa Rotary Club ya BUTARE, Eustache Rutiyomba akikijwe n'abazaniye CHUB ibikoresho byo kwifashisha mu buvuzi.
Umuyobozi wa Rotary Club ya BUTARE, Eustache Rutiyomba akikijwe n’abazaniye CHUB ibikoresho byo kwifashisha mu buvuzi.

Bimwe mu bindi bikorwa bya Rotary Club

Bimwe mu bindi bikorwa Rotary Club Butare yakoze mu rwego rwo « gufasha mbere ya byose » harimo kubakira abatishoboye bagera ku 100 b’i Sahera, gufasha Collège Imena y’i Runyinya bayiha inka zikamwa, ibitabo, ndetse na moteri itanga amashanyarazi.

Harimo no kugeza ku kigo nderabuzima cya Mwendo ho mu murenge wa Rwaniro amazi meza ndetse n’amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba, hamwe no gusana igisenge cy’ishuri ribanza rya Butare Catholique ndetse no kubagezaho ibigega bifata amazi, n’ibindi.

Kugeza ubu Rotary Club ya Butare igizwe n’abanyamuryango 15, imisanzu bagenda begeranya hamwe n’inyongera bahabwa na Rotary Club International ni yo ivamo ibyo bafashisha abantu.

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka