Yakoze ubukwe yambaye ikanzu ikururuka mu birometero birenga bine

Umushinwakazi Jing Mei, yiyemeje kwambara ikanzu y’abageni idasanzwe mu gihe cy’ubukwe bwe: yari ifite igice gikururuka inyuma cy’uburebure burenga ibirometero bine, kandi ikanzu ye yose yapimaga ibiro hafi 50.

Iyi kanzu ngo ni yo ndende kurusha izindi zose zabonetse ku isi. Nk’uko izindi nkuru na zo dusoma kuri 7sur7.be zibivuga, iyi kanzu isumba ay’abandi bageni na bo bakoze ubukwe biyemeje kwambara amakanzu maremare gusumba ay’abandi.

Abafiye (filles d'honneur) ba Jing Mei bari bafite akazi gakomeye.
Abafiye (filles d’honneur) ba Jing Mei bari bafite akazi gakomeye.

Abo ni Emma Dumitrescu w’umunyarumaniyakazi wakoze ubukwe mu w’2012 yambaye ikanzu y’uburebure burenga ibirometero 3. Icyo gihe ngo yahigaga uwari warakoze ubukwe yambaye iy’ibirometero 2 na metero 488.

Umushinwakazi Li Kuo, na we mu mwaka w’2012 yari yakoze ubukwe yambaye ikanzu ireshya na metero 520. Uyu we ariko ngo yari yahisemo ubu burebure ahereye ku gisobanuro cy’imibare 5(I), 2 (love) na 0 (you), byashakaga kuvuga ko akunda umugabo we.

Emma Dumitrescu w'umunyarumaniyakazi.
Emma Dumitrescu w’umunyarumaniyakazi.

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

iyikanzu ari murwanda twayikandagiza Amapine ya moto kubera kutubangamira

sindikubwabo juvenal yanditse ku itariki ya: 27-10-2014  →  Musubize

Uyumugenikarigitangazanuwambere.

Jean Paul yanditse ku itariki ya: 7-10-2014  →  Musubize

ntakigenda kabisa

juma yanditse ku itariki ya: 3-10-2014  →  Musubize

Nimwibaze iyi kanzu igeze nko mu Rwanda.Murabona ko umugeni yaba ari nko kuri Saint Michel, ikanzu ikururuka ikagera nko muri rong point!!! Reba se bagiye kwifotoza bamanuka nko mu Kiyovu!!!!

PHILOS yanditse ku itariki ya: 3-10-2014  →  Musubize

mbega ikanzu eeeeeee

kwizeraeugene yanditse ku itariki ya: 30-09-2014  →  Musubize

uwo mugeni aracyeye kabisa

umutonijureskelia yanditse ku itariki ya: 29-09-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka