Minisitiri Kabarebe yahanuye abatoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza

Minisitiri w’ingabo mu Rwanda, General James Kabarebe, arasaba abatoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza kubyaza umusaruro amahirwe bafite yo kugira ubuyobozi bwiza bubitaho n’igihugu gitekanye bityo bagaharanira gukora bagiteza imbere bakazakiraga abazabakomokaho kimeze neza.

Ibi yabibasabye ku wa gatanu tariki ya 29/08/2014 ubwo i Nkumba, mu karere ka Burera, hasozwaga itorero ry’abatoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza bari bamazemo ibyumweru bibiri. Yanabahaye ikiganiro ku rugamba rwo kubohora u Rwanda abereka ko nubwo bagiye bahura n’ibizazane batigeze bacika intege kuko bari bafite intego.

Minisitiri w’ingabo yabwiye abo batoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza ko nta rwitwazo na rumwe bafite rwo kunanirwa kubaka igihugu kuko ibyangombwa mu kucyubaka byakozwe.

Abatoza b'intore bari kumwe n'abayobozi batandukanye bari baje gusoza itorero.
Abatoza b’intore bari kumwe n’abayobozi batandukanye bari baje gusoza itorero.

Yakomeje ababwira ko bafite amahirwe kuko batangiriye ahantu heza cyane mu kubaka igihugu. Ngo ariko nubwo batangiriye ahantu heza bafite n’ingoranye kuko batangiriye ahantu hakomeye cyane kandi hanaruhanyije.

Agira ati “Impamvu haruhanyije ni uko bisaba byinshi cyane. Icya mbere kugira ngo mumenye ngo ahangaha igihugu kigeze gikeneye kugera aharenzeho, ibyo bisaba gutekereza cyane. Nk’aya mahirwe mufite y’igihugu gitekanye, gifite umutekano, gifite imiyoborere myiza, kugira ngo mubimenye mubibyazemo icyabagirira akamaro buriya nacyo ni ikintu gikunda kugorana cyane. Ariko mugisobanukiwe mwagira uruhare rukomeye cyane (mu kubaka igihugu).”

Guhindura igihugu ntibisaba abantu benshi

Minisitiri General Kabarebe yasobanuriye abatoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza ko abantu bashobora gutuma igihugu gihinduka, kigatera imbere atari benshi cyane. Ngo icya mbere ni ibitekerezo n’imikorere y’abantu bakeya ariko ifite imbaraga, akaba ariyo itanga icyerekezo cy’aho abandi bose bagana.

Minisitiri Gen. Kabarebe ashyikiriza abatoza b'intore mu mashuri makuru na kaminuza impamyabumenyi zigaragaza ko bahuguwe.
Minisitiri Gen. Kabarebe ashyikiriza abatoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza impamyabumenyi zigaragaza ko bahuguwe.

Aba batoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza ni 238. Minisitiri Kabarebe yababwiye ko abantu bangana gutyo beza ari imbaraga nyinshi cyane zishobora guhindura igihugu. Ngo kuko n’imyumvire y’Abanyarwanda imaze kuzamuka.

Aba batoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza nabo bahamya ko bazashyira mu bikorwa ibyo bigishijwe mu itorero. Aho bahamya ko batazigera bitesha amahirwe bafite.

Rongin Gatanazi agira ati “Nkatwe urubyiruko cyane cyane tukava muri ndamaze ahubwo tukavuga ngo barabibona gute. Ahangaha icyo batwubatsemo ni ugukoresha umutimanama. Natwe turaharanira yuko tuzubaka nk’ibingibi bakuru bacu bubatse. Natwe tugomba kubyubaka kugira ngo abazadukomokaho nabo bazasange bimeze neza. Binameze neza ahubwo kurusha.”

Umugwaneza Jeanette avuga nk'abatoza b'intore bagiye gushyira mu bikorwa ibyo bigiye mu itorero.
Umugwaneza Jeanette avuga nk’abatoza b’intore bagiye gushyira mu bikorwa ibyo bigiye mu itorero.

Undi mutoza w’intore witwa Umugwaneza Jeanette agira ati “Tugiye gufatanya twubake igihugu cyacu, kizira umwiryane, kizira ubukene. Mbese tugiye gufatanya n’ababyeyi bacu bakoze ibyiza kugira ngo twubake igihugu cyacu.”

Mu minsi bamaze mu itorero, abatoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza bigishijwe amasomo atandukanye aganisha ku gukunda igihugu no kwimakaza indangagaciro z’ubunyarwanda.

Sharon Haba, umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’uburezi, avuga ko abo batoza bahagarariye urubyiruko rw’u Rwanda rw’abanyeshuri rugera ku bihumbi 90 bakaba aribo bazafasha mu gutangiza urugerero muri kaminuza ndetse n’amashuri makuru.

Abo batoza b'intore bakoze umukorongiro ugaragaza ko abashyize hamwe bagera kuri byinshi byiza.
Abo batoza b’intore bakoze umukorongiro ugaragaza ko abashyize hamwe bagera kuri byinshi byiza.

Ubusanzwe abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye batozwaga nyuma bakajya ku rugerero mbere y’uko bajya kwiga mu mashuri makuru na kaminuza ariko urwo rugerero rwarangira bagakomeza kuba intore gusa. Ubu abarangije amashuri yisumbuye bazajya bakomereza urugerero mu mashuri makuru na kaminuza bazaba bagiye kwigaho.

Norbert Niyizurugero

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

ibyinshi byarakozwe igisigaye ni ugusigiriza

gakenke yanditse ku itariki ya: 31-08-2014  →  Musubize

turashima ubuyobozi bw’igihugu cyacu kubw’umutekano mwiza badashukakiye natwe tugomba kukitura kugikorera tukagiteza imbere twivana mu bukene kandi tutemerera uwakwifuza kugisubiza inyuma.

Gato yanditse ku itariki ya: 31-08-2014  →  Musubize

intore dufite intore izirusha intambwe kandi yiteguye gukora uko ishoboye kugirango ikigihugu gikomeze gitere intambwe mu iterambere kigendane ni icyerekezo isi irimo , icyo dusabwa ni ugutera intambwe aho ayishinguye byose bizikora

manzi yanditse ku itariki ya: 31-08-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka