Nyabihu: Ikirere kirizeza abahinzi kuzabona umusaruro mwiza

Abahinzi benshi mu karere ka Nyabihu bemeza bashobora kuzabona umusaruro mwiza muri iki gihembwe cy’ihinga cya 2015 A kuko babona ikirere gitanga ikizere ndetse n’imyaka bahinze imaze kumera ikaba ari myiza.

Ntakirutimana Sarah wo mu kagari ka Rurengeri twasanze mu murima arimo gutera imbuto y’ibirayi avuga ko akurikije uko abona ikirere n’uko ibihe by’imvura n’izuba bisimburana mu buryo bwiza, hazaboneka umusaruro ku bahinzi haramutse hatagize igihinduka.

Abahinzi bakomeje imirimo yo guhinga no gutera kandi bakurikije uko babona ikirere barizera kuzabona umusaruro mwiza.
Abahinzi bakomeje imirimo yo guhinga no gutera kandi bakurikije uko babona ikirere barizera kuzabona umusaruro mwiza.

Ugirumurera Beatrice nawe wo mu karere ka Nyabihu ahitwa mu Kivugiza avuga ko basanga ikirere kimeze neza kandi gitanga ikizere cy’umusaruro biramutse nta gihindutse. Gusa yongeraho ko byose ari Imana ibigena kandi ko niba ibihe bikomeje kuba byiza, nta kabuza umusaruro uzazamuka.

Kuba umusaruro ushobora kuzamuka mu gihembwe cy’iginga cya 2015A kandi bigarukwaho na Blandine Uwimana ushinzwe ubuhinzi mu murenge wa Mukamira. Kuri we asanga igihe kimeze neza kandi abahinzi bakaba baratangiye guhinga. Bakaba basabwa kugira vuba,kugira ngo imvura izage gucika imyaka yaramaze kugera ahashimishije.

Hamwe mu bahinze mbere imyaka yatangiye kumera.
Hamwe mu bahinze mbere imyaka yatangiye kumera.

Kuri ubu, abahinzi basabwa guhingira igihe, bagaterera igihe, bagahinga imbuto nziza, bagakoresha inyongeramusaruro mu buryo bwiza kandi bagakurikiza inama bagirwa. Ikigamijwe cyane akaba ari ukongera umusaruro, abahinzi bakihaza mu biribwa, bityo bagasagurira n’amasoko bakarushaho kwiteza imbere.

Safari Viateur

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka